RFL
Kigali

Urubyiruko rwarisanzuye! Ikiganiro ‘Ishya’ kigiye kugaruka mu isura nshya

Yanditswe na: Janvier Iyamuremye
Taliki:21/07/2022 10:00
0


Nyuma y’uko igice (Season 1) cy’iki kiganiro ‘Ishya’ gikunzwe na benshi kirangiye, abakora iki kiganiro bakoze impinduka mu gice cya kabiri (Season 2) gitangira gutambuka kuri Televiziyo Rwanda kuva kuri uyu wa Gatandatu.



Iki kiganiro gikorwa na Aissa Cyiza, Cyuzuzo Jeanne d’Arc na Michèle Iradukunda na Mucyo Christella.

Umwaka urashize iki kiganiro gitambuka kuri Televiziyo Rwanda. Mucyo Christella uri mu bakora iki kiganiro yabwiye inyaRwanda.com ko bishimira umusanzu cyatanze kuri sosiyete, kiba urubuga rwiza ku rubyiniro by’umwihariko.

Ati “Cyarakunzwe! Twagize ibitekerezo byiza, twagize abatumirwa batandukanye. Tugira ibikorwa bitandukanye byaduhuje n’abantu ku mbuga nkoranyambaga, ntabwo ari Youtube kuko usanga no hanze ya Youtube twari dufite ibindi twarimo ari ugukomeza ingingo twavuzeho kuyiganiraho cyane cyane nabavuga ko urubyiruko rwabonye abantu bisanzuraho nka bashiki babo bakuru babo bo kuganiriza.”

Yavuze ko ubu bagiye gutangira gutambutsa ‘Season’ ya 2 y’iki kiganiro, kandi ko hari ibyongewemo mu rwego rwo kujyanisha n’ibyifuzo by’ababakurikira n’impinduka bashaka gukora muri iki kiganiro kigaruka ku bintu binyuranye.

Mucyo ati “Umwaka urashize, ubu tugiye gutangira ‘season’ ya kabiri n’ingufu nshya n’ibitekerezo bishya n’utuntu tumwe na tumwe tugenda twiyongeramo uko abantu bakura niko bagenda bivugurura.”

Akomeza ati “Twari dufitemo ‘segment' eshatu muri izo eshatu ntabwo buri gihe zose zitambuka hazacaho ebyiri…Ubu rero zizaba ari enye, ariko nabwo hakagenda hacaho ebyiri.”

‘Season’ ya kabiri y’iki kiganiro iratambuka ku wa Gatandatu tariki 23 Nyakanga 2022 guhera saa kumi n’ebyiri n’igice z’umugoroba kuri RTV.

Aissa Cyiza uri mu bakora iki kiganiro afite impamyabumenyi ya Kaminuza mu Bubanyi n’Amahanga yakuye muri Kigali Independent University. Amaze imyaka 10 ari mu rugendo rw’itangazamakuru, ubu ni umunyamakuru wa Royal Fm.

Ni umwe mu bavuga rikijyana ku mbuga nkoranyambaga akaba n’umushyushyarugamba. Aherutse kwiyambazwa nk'umukemurampaka mu irushanwa rya Mister Rwanda ryari ribaye ku nshuro ya mbere rikaza guhagarikwa ritarangiriye kubera ibikiri kunozwa mu marushanwa y'ubwiza mu Rwanda.

Cyuzuzo Jean d’Arc afite impamyabumenyi y’icyiciro cya kabiri cya Kaminuza mu Itangazamakuru yakuye muri Kaminuza y’u Rwanda. Imyaka 11 irashize ari mu itangazamakuru, aho yakoreye Radio na Televiziyo.

Ubu, ni we Muyobozi Mukuru wa Ishya Ltd, kandi ni umunyamakuru wa Kiss Fm mu kiganiro Kiss Drive.

Hari kandi Christella Mucyo ukora mu bijyanye n’imiti. Ni umwe mu bifashishijwe mu Kanama Nkemurampaka ka Miss Supranational 2019.

Yagiye agira uruhare mu gutegura abakobwa baserukiye u Rwanda mu bihe bitandukanye. Ni umubyeyi w’abana babiri.

Hari kandi Michèle Iradukunda, afite impamyabumenyi y’icyiciro cya kabiri muri ‘interpretation&Translation’ yakuye muri Kaminuza y’u Rwanda.

Muri iki gihe ari kwiga ‘Masters’ mu bijyanye n’ububanyi n’amahanga. Ni umunyamakuru w’igihe kirekire w’Ikigo cy’Igihugu cy’Itangazamakuru (RBA).

Mu bihe bitandukanye yifashishijwe mu Kanama Nkemurampaka ka Miss Rwanda. Ni umubyeyi w’abana babiri. Afite ikamba ry’igisonga cya mbere cya Nyampinga wa Kaminuza Nkuru y’u Rwanda (Miss NUR).


Aissa Cyiza wa Royal Fm


Cyuzuzo Jeanne d’Arc wa Kiss Fm 

Michèle Iradukunda uzwi nka Michou wa RBA 

Mucyo Christella usanzwe akora mu by’imiti, avuga ko bazanye impinduka muri iki kiganiro 


Uhereye ibumoso: Michele Iradukunda, Cyuzuzo Jean D'Arc, Aissa Cyiza na Mucyo Christella


Season ya kabiri y'ikiganiro 'Ishya' iratangira gutambuka kuri uyu wa Gatandatu

SEASON YA 1 Y’IKIGANIRO ‘ISHYA’ YAFPUNDIKIWE N’IKIGANIRO CYA UNCLE AUSTIN

">






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND