RFL
Kigali

Gisubizo Ministries yakoze igitaramo cyo guhembuka yakoreyemo indirimbo zigize Album, Alarm Ministries iririmba isiganwa n’iminota-AMAFOTO+VIDEO

Yanditswe na: Janvier Iyamuremye
Taliki:11/07/2022 2:05
0


Itsinda rya Gisubizo Ministries ryamamaye mu ndirimbo zitandukanye, ryakoze igitaramo gikomeye bise “Worship Legacy Concert Season 3” bafatiyemo amashusho ya zimwe mu ndirimbo zigize album yabo ya gatatu bazasohora mu minsi iri imbere.



Ni igitaramo cyari cyimaze ukwezi kurenga cyamamazwa mu nsengero no mu bitaramo bitandukanye. Cyabaye mu ijoro ryo kuri iki Cyumweru tariki 10 Nyakanga 2022 mu rusengero rw’Abanyamerika, Christian Life Assembly (CLA).

Ni amashimwe akomeye kuri iri tsinda, kuko babashije gukora iki gitaramo nyuma y’imyaka ibiri yari ishize icyorezo cya Covid-19 kidatanga agahenge ngo abantu bongere guterana.

Gisubizo Ministries ifite amashami atandatu mu Rwanda, ni mu gihe ku Isi yose bamaze kugaba amashami 27.

Perezida w’iri tsinda, Muhemeri Justin yabwiye abari muri iki gitaramo, ko umutima wabo unezerewe nyuma y’uko Imana ibafashije gukora iki gitaramo.

Ati “Uyu munsi kuba dukoze igitaramo ni umugisha udasanzwe kuri twe.” Yashimye kandi abateye inkunga iki gitaramo n’abandi bose bafatanyije n’abo kugitegura.

Yavuze ko Gisubizo ari umuryango ufite abantu batandukanye baturuka mu matorero atandukanye, kugira abashumba n’amatorero abashyigikira ‘ni umugisha udasanzwe’. Ati “Bashumba muri aha ngaha, turabashimiye ku bufatanye tugirana umunsi ku munsi.”

Yashimye kandi amatsinda y’abaririmbyi afatanya n’abo, yaba abari muri iki gitaramo n’abatari bahari.

Muhemeri yashimye kandi abaririmbyi batumiye baririmbye muri iki gitaramo barimo Jesica Mucyowera, Bosco Nshuti, Alarm Mnistries na Aime Frank.

Uyu muyobozi yavuze ko Gisubizo ifite abanyamuryango benshi, barimo abatera inkunga, abaririmbyi n’abandi bari ahantu hatandukanye ku Isi.

Yashimye kandi Fleury na Jeannette bafatanyije gutegura iki gitaramo. Ati “Ni imbaraga ziyongera kuzo Gisubizo Ministries ifite.”

Bahawe ijambo, Fleury na Jeannette bashinze BahAfrica Entertainment ari nayo yafatanyije na Gisubizo Ministries gutegura iki gitaramo, bavuze ko ari intangiriro y’urugendo rwabo rwo gutegura ibitaramo, no gufatanya n’abandi kwamamza ingoma y’Imana.

Jeannette wamamaye nka Diane muri City Maid ati “Ndashima uwiteka ko yadushoboje gutegura iki gitaramo hamwe na Gisubizo Ministries. Icyo Imana yavuze ntigihera, iyi ni itangiriro ry’umurimo wacu.”

Uyu mugore yashimye kandi umuryango we umushyigikira, asaba ababyeyi be bari muri iki gitaramo guhaguruka akabashimira.

Umuyobozi wa Bahafrica Ent, Fleury Legend aherutse kubwira INYARWANDA ko batekereje gufatanya na Gisubizo Ministry kubera ko ‘imyaka itanu ishize dukorana mu bijyanye no kubafatira amashusho y’indirimbo'.

Ati “Impamvu twahisemo gufatanya na Gisubizo Ministry ni uko ari twe dufatanya nabo mu kubakorera amashusho, ikindi tumaze imyaka itanu dukorana nabo. Rero, twaravuze tuti reka uyu munsi dukorane turebe umusaruro byatanga. Ni itsinda rikomeye, kandi twizeye ko igitaramo kizitabirwa.”


GISUBIZO MINISTRIES YAKOZE IGITARAMO YAFATIYEMO AMASHUSHO Y’INDIRIMBO ZIGIZE ALBUM

Muri iki gitaramo, abaririmbyi ba Gisubizo baririmbye mu bice bibiri ari nako bahinduranya imyambaro bari bambaye.

Igice cya mbere cy’amashusho y’indirimbo bafashe kigizwe n’indirimbo zirimo ‘Humura’ baherutse gusohora n’izindi.

Iri tsinda ry’abasore n’inkumi ryaririmbaga amagambo agize igize indirimbo z’abo atambuka ku nyakira mashusho ari nako basaba abakristu kubikiriza.

Bongeye kugaruka ku ruhimbi, baririmba bayobowe n’umunyamuziki Rugamba Serge.

Mu gice cya mbere baririmbye ‘Humura’, ‘Abagufite ntibazakena’, ‘Ku musaraba’, ‘None ubwo bimeze bityo’, ‘Ntayindi Mana twabona’ na ‘Ebenezer’. Ni mu gihe mu gice cya kabiri baririmbye ‘Nahoraga ndemerewe’ ndetse na ‘Amaraso y'umukiza’.

Iri tsinda ryaherukaga gukora igitaramo nk’iki mu 2018 cyabereye mu rusengero Christian Life Assembly (CLA) i Nyarutarama mu Mujyi wa Kigali na 2019 mu Intare Conference Arena.

Gisubizo Ministry yakunzwe cyane mu ndirimbo ziri kuri album za mbere nka ‘Amfitiye byinshi’, ‘Nguhetse ku mugongo’, ‘I Yerusalem’, ‘Ntidufite gutinya’ n’izindi zakomeje izina ry’iri tsinda rimaze imyaka irenga 18 mu ivugabutumwa.

Gisubizo yabanjirijwe ku rubyiniro na Shekinah T. Masoro baririmbye basubiramo nyinshi mu ndirimbo z’abandi bahanzi, baririmba nka ‘Nagushima gute’, ‘Emmanuel n’izindi.

Iri tsinda rimaze igihe kinini ryifatanya na Gisubizo mu bitaramo nk’ibi inafatiramo amashusho y’indirimbo zabo.

Bakurikiwe n’umuhanzikazi Jessica wahereye ku ndirimbo ye yise 'Adonai' imaze umwaka umwe. Ati "Ntacyizahindura Imana, ukiri muri ubu buzima ukomeze kuba inyangamugayo kwayo."

Uyu mugore amaze imyaka ibiri mu muziki, ni umwe mu baririmbyi bakomeye bamamaye muri korali Injiribora.

Yagize izina rikomeye binyuze mu ndirimbo ye yise 'Yesu Arashoboye' imaze kumvwa n'abantu barenga ibihumbi 926. Nayo yaririmbye, afasha benshi kwegerana n’Imana.

Aime Frank yageze ku rubyiniro ahera ku ndirimbo ye yise 'Umugisha' imaze umwaka umwe isohotse. Uyu musore afite igihiriri cy'abakristu bamuyobotse kuko yaririmbaga buri wese yahagurutse afatanya nawe kuririmba.

Yaririmbye kandi indirimbo ye yise 'Ubuhamya bwejo' izwi na benshi. Uyu muramyi wo muri Four Square Gospel Church bigaragara ko yigwijeho abafana mu gihe cy'imyaka ibiri amaze mu muziki.

Uyu musore uri mu baramyi beza muri Gospel yo mu Rwanda, yanaririmbye ‘'Wanyeretse ineza', aririmba afasha benshi kusimbuka ava ku rubyiniro akomerwa amashyi.

Uyu muramyi w'imyaka 24 y'amavuko usengera muri Foursquare Gospel church Kimironko, amaze imyaka 7 mu muziki wo kuramya Imana, akaba amaze gukora indirimbo zitandukanye kandi zagize igikundiro cyinshi.

Bosco Nshuti yageze ku rubyiniro ahagana saa 19:51’. Uyu muhanzi yavuze ko ari inshuti y’igihe kirekire ya Gisubizo Ministries kuko amaze kwitabira ibitaramo byabo byose, abasabira umugisha.

Uyu muhanzi yagize ati “Ibitaramo byose yagiye [Gisubizo] ikora narabyitabiriye, yaba icya mbere, icya kabiri n’iki cya Gatatu. Imana ikomeze kubahereza umugisha.”

Yinjiriye mu ndirimbo ye yise ‘Umutima’ yasohoye mu 2019, iri mu ndirimbo zikunzwe cyane mu mutima y’abakunda kuramya Imana.

Uyu muhanzi yari ku rubyiniro ari kumwe n’itsinda ry’abasore n’inkumi ryamufashije kuririmba anoza amajwi ye. Kuva mu myaka ine ishize, uyu muhanzi ari mu muziki w’indirimbo zihimbaza Imana.

Yakomereje ku ndirimbo ye yise ‘Ibyo Ntunze' yasohoye ku wa 11 Werurwe 2019, iherekejwe n'ibitekerezo 54 ku rubuga rwe rwa Youtube.

Ati “Isi ivuga ko utugiye gukora utabaho, ariko muri Covid-19 twabonye abantu baguma mu rugo kandi bakabaho, bivuze ko tubayeho ku bw’ubuntu bw’Imana… Ushimwe Mwami wanjye wowe umenyera ubuzima, nabura iki se mwami ko umpagije…”

Umurishyo wa nyuma w’iki gitaramo, wavugijwe na Alarm Ministries yaririmbye isiganwa n’iminota. Iri tsinda ryageze ku rubyiniro habura iminota 5 ngo saa tatu zuzure, ari nabwo byari biteganyijwe iki igitaramo gisoza.

Ibi byatumye baririmba indirimbo ebyiri. Ndetse mbere y’uko batangira basabye ko bongezwa iminota micye bakabasha kuririmba izi ndirimbo ebyiri.

Baririmbye indirimbo nshya, bavuga ko ari nziza kandi ko irimo amagambo yoroshye gufata mu mutwe. Bati “Hari indirimbo wumva mukayiririmba tukavuga tuti ni uko nyine bazibigishije, ariko iyi iroroshye’.

Iri tsinda ryamamaye mu ndirimbo zitandukanye, ryasoreje ku ndirimbo bise ‘Hashimwe’. Iyi ndirimbo yabahaye igikundiro kidasanzwe kuva bayisohora.

Alarm Ministries, ni itsinda rikora ivugabutumwa rinyuze mu ndirimbo zo kuramya Imana, riri no mu yashinzwe bwa mbere mu Rwanda.

Rizwi cyane mu ndirimbo nka "Yasatuye", "Hariho impamvu", "Mutima wanjye Himbaza Imana", "Turakomeye" n’izindi nyinshi. 

Kanda hano urebe amafoto menshi yaranze iki gitaramo




Gisubizo Ministries yakoze igitaramo yafatiyemo amashusho y’indirimbo ziri kuri album ya gatatu





Iri tsinda ryaririmbye nyinshi mu ndirimbo zabo zirimo 'Humura' imaze amezi ane isohotse 

Iri tsinda ry'abasore n'inkumi ryaririmbye ari nako rifata amashusho y'indirimbo zigize album yabo ya gatatu.


Basanzwe bakora igitaramo nk'iki, bakagifatiramo amashusho y'indirimbo zabo nyuma bakagenda bazishyira hanze mu byiciro bisunze urubuga rwabo rwa Youtube 

Muhemeri Yashimye Imana ku bw’iki gitaramo, yavuze ko mu myaka ibiri ishize byari mu bihe bigoye bya Covid-19. Ati “Uyu munsi kuba dukoze igitaramo ni umugisha udasanzwe.”      

Gisubizo ni umuryango ufite abantu batandukanye baturuka mu matorero atandukanye, kugira abashumba n’amatorero abashyigikira ‘ni umugisha udasanzwe’  




Fleury Legend na Bahavu Jeannette bashinze BahAfrica Entertainment yafatanyije na Gisubizo Ministries gutegura iki gitaramo      

Pasiteri Floribert Nzabakira wa Zion Temple Gisozi wagabuye ijambo ry’Imana yigishije ijambo ry’Imana ryubakiye ku kunga ubumwe n’Imana. 

Umunyamakuru Agasaro Tracy, umushyushyarugamba ugezweho mu kuyobora ibitaramo byo kuramya no guhimbaza Imana 

Aime Frank, umuhanzi w’indirimbo zihimbaza Imana ukwiye gushyigikirwa 

Aime yabaye umuhanzi wa mbere wishimiwe bikomeye muri iki gitaramo, hashingiwe ku buryo yashyize abantu mu mwuka 






Aime Frank asanzwe ari umukristu muri Four Square Church 

Ubwo umuhanzi mu ndirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Bosco Nshuti yaririmbaga indirimbo ye yise ‘Umutima’

 

Bosco Nshuti yaririmbye nyinshi mu ndirimbo ze zirimo ‘Umutima’, ‘Ni muri yesu’


 

Bosco yashimye Gisubizo Ministries ikomeza kumutekerezaho muri ibi bitaramo


Abitabiriye igitaramo ‘Worship Legacy Concert Season 3’ cy’itsinda Gisubizo Ministries bahembutse 

Iki gitaramo cyabereye muri Christian Life Assembly kuri iki Cyumweru tariki 10 Nyakanga 2022 

Alarm Ministries yaririmbye isiganwa n’iminota, iririmba indirimbo ebyiri muzo bari bateguye 

Alarm iri mu matsinda aririmbira Imana amaze gushinga imizi mu mitima ya benshi mu Rwanda 


Alarm baririmbye bacunganwa n'iminota 

Umuhazikazi Gaby Kamanzi wamamaye mu ndirimbo ‘Amahoro’ yari muri iki gitaramo 

Alain Numa, umukozi muri sosiyete ya MTN Rwanda yitabiriye iki gitaramo 


Ababyeyi ba Bahavu Jeannette wamamaye nka Diane muri City Maid






Umunyamuziki Rugamba Serge yaririmbye anoza amajwi binogera benshi












REBA HANO UKO GISUBIZO MINISTRIES YITWAYE MURI IKI GITARAMO CY'AMATEKA

">

KANDA HANO UREBE UKO AIME FRANK YASHIMISHIJE BENSHI MURI IKI GITARAMO

">

AMAFOTO: Sangwa Julien-INYARWANDA.COM






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND