RFL
Kigali

Amatike yo kwinjira mu gitaramo cya Kizz Daniel na Sheebah Karungi yashyizwe ku isoko, abanyeshuri bahabwa umwihariko

Yanditswe na: Janvier Iyamuremye
Taliki:5/07/2022 13:32
0


Abanyeshuri bashaka kwitabira iserukiramuco rizamara iminsi ibiri ryiswe “A Thousand Hill Festival (ATHF) rizaririmbamo Kizz Daniel na Sheebah Karungi bagabanyirijwe ibiciro ugereranyije n’abandi bazaryitabira.



Ni ku nshuro ya mbere iri serukiramuco ry’umuziki, imbyino n’ubugeni rigiye kubera mu Rwanda ku ntego yo guteza imbere abahanzi bo mu Rwanda, cyane cyane abakizamuka bakeneye amahirwe yo kugera ku rwego nk’urwa bakuru babo.

Iri serukiramuco rizaririmbamo Kizz Daniel na Sheebah Karungi ari bo bahanzi bakuru. Sheebah aherutse kwifata amashusho, avuga ko yiteguye gutaramira i Kigali.

Rizaririmbamo kandi Momolava, France, Kenny K-Shot, Soldier Kid na Ish Kevin. Ni mu gihe Dj Ira na Dj Hotega ari bo bazifashishwa mu kuvanga imiziki.

Rizaba ku wa 12-13 Kanama 2022 kuri Canal Olympia ku i Rebero. Mbere y'itariki 15 Nyakanga 2022, amatike ni 10,000 Frw ku banyeshuri, 15,000 Frw mu myanya isanzwe, 30, 000 muri VIP na 50,000 muri VVIP.

Ushobora kugura amatike unyuze hanzo cyangwa se ugakanda *544*1000#

Iri serukiramuco rizamara iminsi ibiri, mu gihe uguze itike yo mu myanya isanzwe (Regular) mu minsi ibiri ni 25, 000 Frw muri VIP ni 50,000 Frw, VVIP ni 83, 400 Frw na 20,000 Frw ku banyeshuri.

Umuyobozi w’ikigo Mrock Entertainment and Mediadotcom Limited cyateguye iri serukiramuco, Toyosi Oyetunji wo muri Nigeria yabwiye INYARWANDA ko abanyeshuri bahawe umwihariko muri iri serukiramuco ‘kubera ko bazaba bari mu biruhuko by’amashuri’ kandi ‘nabo bagomba kwishima nk’abandi’.

Iri iserukiramuco ngarukamwaka rigamije guteza imbere abahanzi bo mu Rwanda, cyane cyane abakizamuka. Buri mwaka bazajya batumira abahanzi bakomeye bo hanze y’u Rwanda, ariko bagire n’umuhanzi umwe wo mu Rwanda bafasha kuzamura impano ye.

Toyosi Oyetunji ati “Iri serukiramuco ‘A Thousand Hill Festival (ATHF) ni umwana wavutse hagati y’abashoramari mu muziki wa Nigeria n’u Rwanda. Rizajya ribera hano ku butaka bwiza bw’u Rwanda, kandi rigere mu bice bitandukanye by’Igihugu.”

Kuri iyi nshuro iri serukiramuco rizabera kuri Canal Olympia ku Irebero, ku wa 12 na 13 Kanama 2022 guhera saa kumi n’ebyiri z’umugoroba.

Canal Olympia izakira iri serukiramuco, ni inyubako y’imyidagaduro ifite intebe 300 abantu bicaraho bareba filime, ikagira n’imbuga ngari ishobora kwakira abantu barenga 1500 bareba ibirori binyuranye.

Iyi nyubako imaze kwakira ibikorwa by’imyidagaduro bikomeye birimo nka Trappish Concert, Drip City Concert yaririmbyemo abarimo Ruger na AV, Movember Fest Concert yaririmbyemo umunya-Nigeria Adekunle Gold n’ibindi.

Mu 2023 iri serukiramuco ‘ATHF’ biteganyijwe ko rizabera i Gisenyi, mu 2024 ribere mu Mujyi wa Huye. Muri buri Ntara, bazajya bahitamo umuhanzi umwe wo guteza imbere.

Byitezwe ko kuri iyi nshuro ya mbere iri serukiramuco rigiye kubera mu Rwanda, rizitabirwa n’abantu barenga 1500 baturutse mu bindi bihugu.

Iri serukiramuco rizarangwa n’ibikorwa birimo ibitaramo by’abahanzi, ubugeni, guteza imbere ubukerarugendo bw’u Rwanda, guhuza abari mu nganda z’imideli, abikorera ku giti cyabo mu bice bitandukanye n’ibindi.

Kizz Daniel watumiwe muri iri serukiramuco, yavutse yitwa Daniel Anidugbe yinjiye mu muziki ahitamo gukoresha izina rya Kizz Daniel.

Ni umunya-Nigeria wahiriwe mu muziki binyuze mu njyana ya Afrobeat. Azwi cyane mu ndirimbo zirimo ‘Woju’, ‘Yeba’ zarebwe n’abantu barenga miliyoni 20.

Mu 2016 nibwo Kizz Daniel yashyize hanze album ye ya mbere yise ‘Era’, mu 2018 ashyira ahagaragara iyo yise ‘No Bad Songz’ naho muri Kamena 2020 asohora iyitwa ‘King Love’. Ziriho indirimbo zamwaguriye igikundiro.

Kuva muri Gashyantare 2022, uyu muhanzi afite ibitaramo ari gukorera ahantu hatandukanye harimo ku mugabane wa Afurika, Amerika y’Amajyaruguru, u Burayi n’ahandi. Ni umwe mu bahanzi bafite umubare munini w’abafana ku Isi.

Sheebah Karungi: Ni umuhanzikazi w’Umunya-Uganda, umubyinnyi akaba n’umukinnyi wa filime udatana n’udushya ku rubyiniro n’imyambarire.

Yatangiye guhangwa amaso mu 2014 ubwo yashyiraga hanze indirimbo yise ‘Ice Cream’, yatumye yegukana igihembo cy’umuhanzikazi mwiza mu bihembo HiPiPo Music Awards.

Mu 2016, Sheebah yakinnye muri filime ‘Queen of Katwe’, yagaragayemo abarimo umunya-Kenya Lupita Nyong’o uzwi mu ruhande rwa Cinema ku Isi. 

Sheebah Karungi yemeje gutaramira i Kigali, ku wa 12-13 Kanama 2022 

Kizz Daniel yaherukaga i Kigali mu gitaramo cyo mu 2016


Umuraperi Ish Kevin azahurira na Sheebah Karungi ku rubyiniro rwa Canal Olympia


Bruce Melodie agiye guhurira ku rubyiniro rumwe na Kizz Daniel


Dj Hotega na Dj Ira bazafatanya gususurutsa abantu bavanga umuziki


Kenny K-Shot na Soldier Kid bazaririmba muri iri serukiramuco






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND