Ishyirahamwe ry'umupira w'amaguru muri Sierra Leone ryatangiye iperere ku mikino ibiri yabonetsemo ibitego 187, bacyeka ko habayemo kugurisha imikino.
Kuri
iki cyumweru twashoje, muri Sierra Leone habaye amateka y'umukino wabonetsemo
ibitego byinshi mu mateka y'iki gihugu. Ni mu mikino yo gushaka ikipe yerekeza
mu majonjora y'igikombe cy'igihugu, ubwo Gulf FC na Kahunla Rangers zishakagamo
ikipe imwe igomba kuzamuka.
Aya
makipe yombi yanganyaga amanota 32 ariko Gulf FC ikaza imbere ya Kahunla Rangers, kubera umubare w'ibitego yari izigamye. Igice cya mbere cyarangiye Kahunla
ifite ibitego 2-0 ku busa bwa Lumbebu United, mu gihe kurundi ruhand Gulf FC yo
igice cya mbere cyarangiye ifite ibitego 10 ku busa bwa Kaquima Lebanon. Mu gice
cya kabiri nibwo ibintu byahinduye isura, kuko muri icyo gice Kahunla
yatsinzemo ibitego 93 naho ku rundi ruhande Gulf FC nayo mu gice cya kabiri
yatsinzemo ibitego 81, umukiro urangira ifite ibiyego 91 kuri 1 cya Lebano, naho umukino wa Kahunla Rangers warangiye ifite ibitego 95 ku busa bwa Lumbebu United.
Umusifuzi
wari uyoboye umukino wa Gulf FC igice cya kabiri kigitangira abonye ibiri kuba,
yafashe umwanzuro wo kwisohokera mu kibuga ubundi asimburwa n'umusifuzi wa
Kane. Iyi mikino ibiri yarimo kubera icyarimwe yatangiye ibonetsemo ibitego 187
ku makipe yombi.
TANGA IGITECYEREZO