Ntabwo byashobotse kandi n’ibindi bihe ntabwo bizaborohera- Perezida Kagame ku bashatse guhungabanya CHOGM

Imyidagaduro - 04/07/2022 3:51 PM
Share:

Umwanditsi:

Ntabwo byashobotse kandi n’ibindi bihe ntabwo bizaborohera- Perezida Kagame ku bashatse guhungabanya CHOGM

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame, yatangaje ko hari abashatse guhungabanya Inama y’Abakuru b’Ibihugu na za Guverinoma Commonwealth izwi nka CHOGM ariko ntibabigeraho, kandi n’ibindi bihe ntibizaborohera.

Inama ya CHOGM yahurije i Kigali abayobozi n’abandi bagera ku 4000, yabaye ku wa 20-25 Kamena 2022, ibanzirizwa n’inama zitandukanye ziyishamikiyeho.

Nyuma y’iyi nama, Perezida Kagame yanditse kuri Twitter ku wa 26 Kamena 2022, avuga ko “Byari ishema kubakira mwese mu Rwanda kugira ngo dushimangire ko twiyemeje guharanira ejo hazaza heza, hiyubashye ku baturage bo mu muryango wa Commonwealth. Tubifurije urugendo rwiza!"

Umukuru w’Igihugu, yashimiye Abanyarwanda n’abandi bitanze kugira ngo iyi nama igende neza. Ati “Ndashimira abafashije mu gutegura iyi nama bose, abashinzwe umutekano barinze abantu bose, abakozi hirya no hino ahaberaga inama zitandukanye, hamwe n’Abanyarwanda bose bitanze kugira ngo #CHOGM2022 igende neza! Ndabashimiye cyane, mwahesheje ishema igihugu!"

Iyi nama yabaye mu gihe hari hashize igihe Ingabo za FARDC za Congo ziteye ibisasu mu Kinigi na Nyungwe. Bamwe mu Banyarwanda bakoresha imbuga nkoranyambaga, bavugaga ko nyuma y’iyi nama u Rwanda ruzasubiza.

Mu kiganiro yagiranye na Televiziyo Rwanda, kuri uyu wa Mbere tariki 4 Nyakanga 2022, Perezida Kagame yagarutse ku ngingo zitandukanye zirimo intambara ya FARDC n’umutwe M23;

Gahunda yo kwakira abimukira bazava mu Bwongereza, ibimaze gukorwa muri iki gihe u Rwanda rwizihiza kwibohora ku nshuro ya 28, icyekerezo cy’u Rwanda n’izindi ngingo.

Iki kiganiro cyayobowe n’abanyamakuru ba Televiziyo Rwanda, Cleophas Barore wakoreshaga ururimi rw’Ikinyarwanda ndetse na Isabelle Masozera wakoreshaga ururimi rw’Icyongereza.

Barore yabajije Perezida ku bijyanye n’ibitero byabereye mu Kinigi no muri Nyungwe, mu gihe u Rwanda rwari rurimbanyije mu myiteguro ya CHOGM.

Yamubwiye ko hari abaturage bavugaga ko u Rwanda ruhugiye mu kwakira iyi nama, ruzasubiza nyuma. Amubaza niba hari icyahuza u Rwanda mu mutekano.

Mu gusubiza, Perezida Kagame yavuze ko atari byo [Oya], kuko umutekano wubakwa igihe kirekire, utawubara kuri buri kantu kabaye.

Umukuru w’Igihugu, avuga ko hari abantu bahora bashaka guhungabanya umutekano. Kandi ko mu bihugu bifite umutekano ku Isi ‘u Rwanda rwaba rubarwa mu ba mbere’.

Avuga ko ibi byose bituruka mu kuba u Rwanda rwarakomeje kubaka ubushobozi bujyanye "n’umutekano wacu kandi dufatanyije n’Abanyarwanda".

Ati “Abaturarwanda babigiramo uruhare runini buriya. Hanyuma inzego za Leta zikagira uruhare rwazo nazo hanyuma."

Perezida Kagame yavuze ko ibishobora kuba ku munsi cyangwa se byikurikiranya, bikukiranwa ariko haba hari n’uburyo bwo kubikurikirana mu gihe kirambye ku buryo bifata igihe ‘ariko abo bahungabanya umutekano bageraho bakaneshwa bitewe n’ukuntu tugenda twiyubaka."

Muri iki kiganiro cyabereye muri Village Urugwiro, Umukuru w’Igihugu, yavuze ko ntacyahugije u Rwanda, ahubwo “nibo bashatse guhungabanya umutekano muri iriya minsi [Ya CHOGM] bibwira ko duhuze ariko ku buryo bwo guhuga bikatubuza umutekano wacu ntabwo bihari."

Yavuze ko benshi "bifuzaga ko n’umutekano wabungabana no mu Mujyi [Kigali] aho inama izaba iri" ariko ntibabishoboye.

Ati “Ariko ntabwo byashobotse. Ntabwo byakunze, kandi n’ibindi bihe ntabwo bizaborohera. Ariko ku bintu by’umutekano w’igihugu byo tubifata nk’ikintu cy'ibanze, ikintu cya mbere cya ngombwa kugira ngo abaturage bashobore gukora imirimo yabo uko bifuza ntawe ubakomaho."

Umukuru w’Igihugu yavuze ko afite icyizere cy’uko mu gihe kiri imbere u Rwanda ruzongera kubana neza na Congo nk’uko byari bisanzwe.

Perezida Kagame yavuze ko hari abashatse guhunganya inama ya CHOGM ariko ntibabigeraho

KANDA HANO UREBE IKIGANIRO KIRAMBUYE



Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...