Hashize amezi make Sosiyete y’Imikino y’Amahirwe, betPawa, yashinzwe n’umuhanzi Mr Eazi itangiye gukorera mu Rwanda ndetse yanafunguye ishami ku Gisimenti i Remera riba irya mbere yagize ku butaka bw’u Rwanda.
Iri
ishoramari ry’Umunya-Nigeria Oluwatosin Ajibade, ryinjiye ku isoko ry’u Rwanda
nk’ishoramari rishya mu bijyanye n’imikino y’amahirwe no gutega hamwe n’ intego
yo gufasha abantu kwiteza imbere binyuze mu gutega amafaranga.
Mu
rwego rwo kurengera ubuzima bw’abatega iyi sosiyete yinjiye mu mikoranire
n’Ikigo gitanga Ubujyanama ku bijyanye n’Ubuzima n’Imibereho, Imanzi Counseling
and Rehabilitation Center.
Ibi
bigo byombi byatangije ubufatanye bushya mu rwego rwo kurushaho kunoza
inshingano ku bijyanye n’imikino yo gutega.
Mu
gihe utega ahangayikishijwe cyangwa atewe inkeke n’ibikorwa byo gutega bya
betPawa hashyizweho umurongo wihariye yahamagaraho agahabwa ubufasha n’inzobere
za Imanzi Counseling and Rehabilitation Center.
Mr
Eazi yatangaje ko ubu bufatanye buje ari ingenzi kandi buzagirira akamaro
abakiliya ba betPawa muri rusange.
Yagize
ati “Tumaze gukora ibintu byinshi byiza mu Rwanda harimo no gufungura ishami
rya betPawa ku Gisimenti ariko noneho ubu bufatanye na Imanzi Counseling and
Rehabilitation Centre ni ngombwa cyane.”
Yakomeje
avuga ko intego zabo ari ukwita cyane ku batega ahamya ko abakina iyi mikino
badakwiye kuyifata nk’isoko y’inyungu kuribo cyane kuruta uko babifata nk’isoko
yo kwishima.
Mu
gihe utangiye kumva uri kuba imbata mu gutega kuri betPawa wahamagara 0790335358
ugahabwa ubufasha n’inzobere zibifitiye ubushobozi nta kiguzi.
Uyu murongo wa telefoni uzajya uba ufunguye kuva ku wa mbere kugera ku wa gatandatu hagati ya saa mbili z’igitondo na saa kumi n’ebyiri z’umugoroba.
Wasura
urubuga betpawa.rw/responsible-gambling kugira ngo ubone amakuru ahagije k’uko
watega mu rugero kandi ntube imbata yabyo. Wahasanga kandi n’ibindi bimenyetso
bishobora kukwereka ko uri kuba imbata yabyo n’uko wahita ubihagarika.
Gutega
kuri betPawa bikorwa binyuze ku rubuga rwa internet rwayo rwa www.betpawa.rw
cyangwa kuri porogaramu yayo ya telefoni. Bikorwa n’abafite hejuru y’imyaka 18.
Iyi
sosiyete yashinzwe mu 2013, ubu ikorera mu bihugu icumi birimo Cameroun,
Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Ghana, Kenya, Nigeria, Tanzania,
Malawi, Uganda na Zambia n’u Rwanda.
Uyikinnye
imikino ya betPawa abona amahirwe yo gutega kuva ku ifaranga 1 Frw, ukaba
wakubirwa kugera kuri 500% ku yo wateze.
Ukina
kandi ashobora guhitamo imikino itandatu, ku cyumweru agahitamo uko izarangira
hanyuma akagira amahirwe yo gutsindira miliyoni 25.5 Frw.
Umuhanzi w’umunya-Nigeria, Mr Eazi yabwiye
abantu gufata iyi mikino yo gutega nk’isoko yo kwishima
Eazi yavuze ko ubufatanye bagiranye na
Imanzi Counseling and Rehabilitation Centre bwari ‘ngombwa cyane’
betPawa iherutse gufungura ishami ku Gisimenti i Remera, riba irya mbere yagize ku butaka bw’u Rwanda
TANGA IGITECYEREZO