RFL
Kigali

Nyuma y’imyaka 5 adakandagira ku butaka bw’u Rwanda, Perezida Museveni aje i Kigali mu Ndege ya gisirikare

Yanditswe na: SAFARI Garcon
Taliki:23/06/2022 11:03
1


Perezida wa Uganda Yoweri Kaguta Museveni ari mu nzira yerecyeza i Kigali mu Rwanda mu nama y’Abakuru b’Ibihugu bigize Commonwealth, akaba aje mu ndege ya gisirikare isanzwe ikoreshwa mu ntambara nyuma y’imyaka 5 atagera mu Rwanda.



Uyu mukuru w’igihugu abinyujije ku rukuta rwe rwa Twitter, mu gitondo cyo kuri uyu wa Kane tariki ya 23 Kamena, Yoweri Museveni, yatangaje ko na we yerecyeje i Kigali mu na ya CHOGM ihuza abakuru b’ibihugu na za guverinoma.

Mu butumwa bwe yagize ati “Nerekeje mu Nama y’Abakuru b’Ibihugu na za Guverinoma bigize Commonwealth (CHOGM) iri kubera i Kigali mu Rwanda”.

Ubu butumwa bwa Museveni buherekejwe n’ifoto imugaragaza yurira rutemikirere idasanzwe ya Kajugujugu idatandukanye cyane n’izimenyerewe ku ngabo.

Kuza I Kigali kwa Museveni mu ndege ya gisirikare isanzwe ikoreshwa ku rugamba nyuma y’imyaka 5 atagera i Kigali ndetse n’ubushyamirane bwabaye hagati y’ibihugu byombi byakomeje kwibazwaho, bamwe bati Museveni yashatse gutanga ubuhe butumwa, abandi bati Museveni ahorana udushya.

Inama y’Abakuru b’Ibihugu na za Guverinoma bigize Commonwealth (CHOGM) irabera I Kigali kuri uyu wa Kane tariki ya 23 Kamena 2022.

Perezida Museveni yerekeje i Kigali mu ndege ya gisirikare nyuma y'imyaka 5 atagera mu Rwanda





TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • Teta intabire1 year ago
    Ariko kuza kwe ntabirenze ahubwo nibyiza





Inyarwanda BACKGROUND