Minisitiri w’Intebe wa Dominica Roosevelt umwanya yagezeho afite imyaka 31 akaba awumazeho irenga 18, yageze mu Rwanda aho yitabiriye #CHOGM2022. Ni umwe mu bayobozi bacye batangiye politike bakanagera mu myanya yo mu nzego zo hejuru ya Guverinoma akiri muto ku isi.
Roosevelt Skerrit yabonye izuba kuwa 08 Kamena 1972. Ni
umunyapolitike ukomoka mu gihugu cya Domina watangiye kuba Minisitiri w’Intebe
mu mwaka wa 2004, yabaye kandi umwe mu bagize Inteko Ishinga Amategeko guhera mu
mwaka wa 2000.
Yabaye Umuyobozi w’Umuryango w’Ibihugu byo mu
Burasirazuba bw’ibirwa bya Carribbean anayobora Umuryango Wunze Ubumwe w’Ibirwa
bya Carribean. Ni we Minisitiri w’Intebe umaze imyaka myinshi kuri uyu mwanya
muri Dominica.
Minisitiri Roosevelt Skerrit uzwi nka Roozey mu nshuti ze n’abanyamuryango yagiye ku mwanya wa Minisitiri w’Intebe nyuma y’urupfu rwa Minisitiri w’Intebe Pierre Charles muri Kanama 2004 ubwo yitabaga Imana. Roosevelt yari mu Nteko Ishingamategeko
Nubwo kandi ari Minisitiri w’Intebe, hari ubwo yagiye ahabwa n’inshingano
zo gufatanya izi nshingano no kuyobora izindi Minisiteri zirimo iy’Imari, Uburezi, Siporo, Urubyiruko n’Ububanyi n’Amahanga.
Kugeza ubu ni we muyobozi w’ishyaka rya politike rya Dominica. Kwinjira mu biro bya Minisitiri w’Intebe byamugize umuyobozi wa mbere mu nzego
zo hejuru za Guverinoma ku isi akuraho agahigo kari karaciwe na Joseph Kabila
muri DRC.
Aka gahigo ariko yaje kukavanwaho ku isi na Andry Rajoelina
wo muri Madagascar na Igor Luksic wo muri Montenegro. Mu mwaka wa 2015 yafotowe ari kumwe na Ng Lap Seng umuherwe kabuhariwe ku isi utunze za miliyari z’amadorali
wagiye ashinjwa ibyaha bya ruswa n’ubufatanyacyaha mu manyanga ya politike. Nyuma
gato uyu mukabwe yatawe muri yombi n’inzego z’iperereza za Leta Zunze Ubumwe za Amerika.
Hatangira guhwihwiswa ko Roosevelt nawe yazabigenderamo
ariko ntacyo yigeze ashinjwa. Mu mwaka wa 2019 Al Jazeera yakoze iperereza
ryerekanye ko Roosevelt yakira ruswa akananyereza imitungo binyuze mu gutanga
amapasiporo nyamara ibi nta kintu byigeze bihungabanya ku mirimo
ya Rousevelt na politike ye.
Yashyingiranwe na Melissa Poponne Skerrit na we w’umunyapolitike, hari mu mwaka wa 2013.
Minisitiri w'Intebe wa Dominica yageze i Kigali
Roozey na Patricia Scotland Umunyamabanga wa Commonwealth
Roozey afite impamyabumenyi y'icyiciro cya kabiri cya Kaminuza muri Busikoloji
Roozey n'umufasha we bari kumwe n'umuryango w'umuramyi Sinach
TANGA IGITECYEREZO