RFL
Kigali

Aho basubikiye niho bacumbukuriye! Udukino tw’urukundo turaca ibintu kwa Harmonize na Frida Kajala-VIDEO

Yanditswe na: Abitije Seraphin Elise
Taliki:22/06/2022 23:30
0


Nyuma y’ibihe by’akababaro k’umuhanzi w’umunya-Tanzania, Rajab Abdul Kahali uzwi nka Harmonize na Frida Kajala; ubu ibyishimo n’umunezero bivanze n’impano n’udukino tw’urudaca, ni byose ku mpande zombi.



Urebye ku mbuga nkoranyambaga z’aba bombi, usanganirwa n’amashusho n’amafoto agaragaza kunyurwa kw’aba bombi muri iyi minsi abagaragaza bari kumwe bishimanye, kandi aherekejwe n’ibimenyetso by’urukundo yaba imitima n’andi magambo aryohereye.

Bikaba bikomeje gutya mu gihe mu minsi yashize Harmonize ubwo yari muri Turkey ku mugabane wa Asia, yagaragaye mu iduka ricururizwamo imilinga ya diyama yiganjemo impeta, bigaragaza ko yiteguye kwambika impeta Kajala kandi nawe ubwe yabishimangiye avuga ko bizaba ari ibirori bidasanzwe.

Icyo gihe kandi akaba yaraguriye kuri uyu mugabane impano zitandukanye yazaniye Kajala nk’uko yabisangije abamukurikira; avuga ashimira Harmonize kubw’impano yamuhaye;  aba bombi bakaba bongeye gusubirana nyuma y’umwaka n’igice bari bamaze badacana uwaka.

Nyamara Harmonize nyuma yo kunyura mu bandi bagore nk’uko yabihamije, akaba yarasanze Frida Kajala ari we wamuremewe nk’uko yagiye akomeza kubyandika mu butumwa butandukanye asaba imbabazi ko yamubabaje kandi yaramugize uwo ariwe.

Aba bombi bakaba bari baratandukanijwe n’uko Harmonize yari atangiye kureshyareshya umukobwa wa Frida Kajala witwa Paula Kajala.

Harmonize na Kajala bakina imikino y'urukundo

Urukundo rwongeye gutohagira ubu kuvuga Kajala wumva Harmonize






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND