RFL
Kigali

N'abapasiteri, ibisambo n’abanyapolitike na bo ni uko - Huddah Monroe yavuze ko yahitamo gushyingiranwa n’ibandi mu kimbo cy’umusore wo mu rusengero

Yanditswe na: Abitije Seraphin Elise
Taliki:22/06/2022 8:08
0


Umushabitsi Huddah Monroe ntiyemeranywa n'abavuga ko abasore bo mu nsengero aribo bakwiriye gukundwa kuko kuri we asanga abatari abanyamasengesho ari bo akwiriye gukunda kuko baba bazi byinshi banamwigisha.



Huddah Monroe uherutse gutangaza ko yigeze gushakana mu gihe cy’imyaka 4 ubwo yari afite imyaka 19 n’umugabo w’imbata y’ibiyobyabwenge, mu butumwa yashyize ku mbuga nkoranyambaga yagize ati: ”Nigeze gushaka mu gihe kingana n’imyaka 4 ubwo nari mfite imyaka 19 ntabwo rero twari twarigeze tubyarana twaje gutandukana.”

Nyuma y’ibi yongeye kugira ati: ”N'abapasiteri, ibisambo n'abanyapolitike na bo ni uko. Nakwemera gushyingiranwa n’ibandi rinyotewe no kubona ubutunzi kurusha umusore w’umunyamasengesho kuko igihe cyose umwirabura avuze ko atashyingiranwa n’indaya n'iyo ntangiriro yo kurangira kwe.”

Ashimangira ibi ati:”Indaya ziba zizi byinshi, bazakwigisha ubucakura bwose bw’imihanda utazi kandi n'uwo mukobwa w’umunyamasengesho atakwigisha”. 

Huddah Monroe umunyamideli uri mu bakomeye muri Kenya atangaje ibi nyuma y’iminsi micye agaragaza ko ari mu rukundo na Juma Jux umuhanzi ukomoka muri Tanzania.


Huddah Monroe avuga ko nta mukiranutsi ubaho


Asanga indaya hari byinshi ziba zizi zakwigisha umugabo kuruta abandi

Juma Jux na Huddah Monroe bamaze iminsi baca ibintu mu mashusho abagaragaza basomana byimbitse






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND