RFL
Kigali

Agatotsi kantwaye imodoka nari ntwaye irenga umuhanda! Sadate Munyakazi wayoboye Rayon Sports yarusimbutse mu mpanuka y’imodoka

Yanditswe na: SAFARI Garcon
Taliki:20/06/2022 11:18
0


Munyakazi Sadate wabaye Perezida wa Rayon Sports mu gihe cy’umwaka, yahishuye ko agatotsi kamutwaye agakora impanuka y’imodoka yashoboraga gutwara ubuzima bwe ariko Imana ikinga ukuboko.



Iyi mpanuka yabaye mu rukerera rwo ku Cyumweru tariki ya 19 Kamena 2022 ubwo uyu mugabo yari atashye avuye gutegura imwe mu mihanda izakoreshwa mu gihe cya CHOGM2022.

Mu butumwa yashyize ku rukuta rwe rwa Twitter, Sadate yavuze ko yarimo ataha mu masaha ya saa cyenda z’urukerera, agatotsi karamufata yikanga yarenze umuhanda akora impanuka.

Yagize ati "Mu ijoro ryacyeye ahagana saa cyenda n’igice ubwo nari mvuye mu mirimo yo gutegura imihanda izakoreshwa nka déviation mu gihe cy’Inama ya #CHOGM2022, agatotsi kantwaye imodoka nari ntwaye irenga umuhanda gusa meze neza, nshimiye umugabo witwa Shema Joshua wanyitayeho akanamfasha."

"Uyu mugabo tutari tuziranye n’abo bari kumwe banyeretse ko tugifite abantu bafite ubumuntu, njyewe n’Umuryango wanjye turamushimiye cyane n’uwaba amuzi amudushimirire kuko n’Imfura cyane. Ntacyo nabaye kandi n’imodoka nayo ntabwo yangiritse cyane tuvuye kuyikura ahabereye ikibazo."

Abantu batandukanye bavuze kuri ubu butumwa bamwihanganishije ariko bamugira inama y’uko mu gihe yajya yumva atameze neza ko yajya yirinda gutwara imodoka.

Munyakazi Sadate yamenyekanye ubwo yari umuyobozi w’ikipe ya Rayon Sports muri 2019, yaje kuva ku buyobozi bw’iyi kipe muri Nzeri 2020, gusa ni umugabo ukunda Siporo ndetse unaharanira iterambere ryayo udahwema gutanga ibitekerezo byatuma siporo nyarwanda ijya ku rundi rwego, akaba akunda by’umwihariko Rayon Sports.

Nyuma yo gukora impanuka Sadate Munyakazi yatangaje ko ameze neza nta kibazo afite.

Sadate Munyakazi yakoze impanuka y'imodoka Imana ikinga ukuboko

Sadate Munyakazi yabaye perezida wa Rayon Sports






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND