RFL
Kigali

Yverry yasabye anakwa umukunzi we Vanessa Uwase

Yanditswe na: Abitije Seraphin Elise
Taliki:12/06/2022 12:43
0


Rugamba Yves uzwi nka Yverry mu muziki yasabye anakwa umukunzi we Uwase Vanessa mu muhango witabiriwe n’abantu benshi biganjemo ibyamamare mu bisata bitandukanye birimo umuziki, imikino n’ibindi.



Ku isaha ya saa 10:30 nibwo abashyitsi batangiye kwakirwa mu ihema ryarimbishirijwe kuberamo imihango yo gusaba no gukwa. Yverry yaje yabucyereye mu micyenyero y’ibara ry’umweru irimo amabara y’umukara.

David Bayingana niwe wabereye Parrain Yverry wari mu basore b’ubukaka bari bagaragiye uyu musore. Mu bari mu bikorwa byo gukurikirana imigendekere myiza y’ubu bukwe, harimo Danny Nanone, Olivis na Mento.

Nyuma y’ibiganiro by’abasaza bari bahagarariye imiryango yombi, ku isaha ya saa 11:25 nibwo umuryango wa Uwase Vanessa wemeye kumutanga maze ku isaha ya saa 11:40 Yverry agaragiwe n’abasore batandukanye batambuka bemye biyereka imiryango.

Ibi birori bibaye nyuma y’uko kuwa 05 Gicurasi aribwo aba bombi bari bemeye kubana imbere y’amategeko, mu muhango wabereye mu murenge wa Kimihurura.

Urukundo rwabo rukaba rwaramenyekanye mu ntangiriro z’umwaka wa 2020, guhera ubwo batangira kujya bagaragara bari kumwe mu bikorwa bitandukanye birimo ibirori by’isabukuru n’ibindi binyuranye.

Byari ibyishimo ku mpande zose Yverry acinya akadiho 

Yverry agaragiwe n'abasore bacyereye gucyura umugeni

Gicumbi numwe mu bitabiriye


Mu bagaragiye Yvery harimo David Bayingana wanamubereye Parrain








TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND