RFL
Kigali

NBA Finals: Rurageretse hagati Boston na Warriors banganya imikino bamaze gutsinda

Yanditswe na: SAFARI Garcon
Taliki:11/06/2022 11:38
0


Imikino ya kamarampaka yo gushaka ikipe izegukana igikombe cya NBA muri uyu mwaka igeze aho rukomeye, kuko mu mikino 4 imaze gukinwa buri kipe imaze gutsindamo ibiri, impaka zikomeje kuba nyinshi ku ikipe izegukana igikombe cy’uyu mwaka hagati ya Boston Celtics na Golden State Warriors.



Mu rukerera rwo kuri uyu wa gatandatu tariki ya 11 Kamena 2022, muri Leta zunze ubumwe za Amerika hakinwaga umukino wa kane wa kamarampaka muri shampiyona ya Basketball ikunzwe kurusha izindi ku Isi ya NBA, warangiye ku ntsinzi ya Golden State Warriors y’amanota 107 kuri 97 ya Boston Celtics, abafana bakomeza kuguma mu gihirahiro cy’uzegukana igikombe cy’uyu mwaka.

Kugeza magingo aya buri kipe imaze gutsinda imikino ibiri mu mikino 4 ya kamarampaka bamaze gukina.

Muri uyu mukino wa Kane, Stephen Curry yatsinze amanota 43 afasha Warriors kwigaranzura Boston bituma amakipe yombi akomeza kwiruka ku gikombe.

Jayson Tatum ni we watsindiye Boston amanota menshi muri uyu mukino aho yabashije gutsinda amanota 23.

Umukino wa Gatanu uteganyijwe ku wa kabiri tariki ya 14 Kamena 2022 mu Mujyi wa San Francisco.


Golden States yatsinze umukino wa kane wa kamarampaka ibintu birushaho gukomera

Worriors yabonye intsinzi yari ikenewe





TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND