RFL
Kigali

The Ben agiye gukora igitaramo Kampala kwinjira ari ibihumbi 300Frw ku muntu ibitarabashije Ruger, Bebe Cool, Chameleon n’abandi: Bivuze iki ku muziki we n’uw’u Rwanda

Yanditswe na: Abitije Seraphin Elise
Taliki:5/06/2022 16:10
0


The Ben agiye kongera agahigo ku tundi ko gukora ibitaramo 2 bikurikirana mu gihe kimwe kandi bihenze muri Uganda, ibikora bacye yewe muri ibi bihe hagendewe ku bimaze iminsi bibera muri iki gihugu, akaba ariwe muhanzi ubashije kubigeraho yaba mu banyamahanga no mu bagande ubwabo.



Kuwa 26 Gicurasi 2022 nibwo abakurikiranira hafi imbuga nkoranyambaga z’umuhanzi The Ben babonye ubutumwa yashyize hanze, ateguza abakunzi be cyane bo mu Rwanda na Uganda ko abafitiye uruhisho.

 

Ku munsi wakurikiyeho ni ukuvuga kuwa 27 Gicurasi 2022, yashyize ubutumwa hanze bugira buti:”Ibintu bigiye kuryoha muri Kampala, umuhungu wanyu mukunda agiye kuza.” Ni ubutumwa yaherecyesheje indirimbo ze, zirimo ‘This is Love’ yakoranye na Rema Namakula na ‘Why’ yakoranye na Diamond Platnumz.

 

Yakomeje kugenda yamamaza iki gitaramo cyaje kuba kuwa 03 Kamena 2022 kitabirwa n’abanyarwanda n’abagande batagira ingano, aho ndetse ku munsi w’igitaramo nyir’izina kubona itike ikwinjiza muri iki gitaramo byari bigoye ndetse harimo n’abagiye bazibura.

 

Mu banyarwanda bahagurukijwe n’iki gitaramo barimo Umujyanama w’Abahanzi wazamuye benshi kuri ubu usigaye ari Umuyobozi wa Kompanyi ya Ishusho Ltd, Muyoboke Alex n’Umunyamakuru wa siporo umaze no kwigarurira imitima ya benshi mu ruganda rw’imyidagaduro, David Bayingana.

 

Gusa hari n’abandi banyarwanda b’ibyamamare bitabiriye iki gitaramo cyabereye rwagati mu murwa mukuru Kampala, ahitwa Garden City Rooftop Bok barimo Bwiza, Afrique, Fayzo na Eazy Cuts.

 

Ubwo The Ben yageraga muri Uganda, mu kiganiro n’itangazamakuru yatangaje ko yiteguye gukora igitaramo cy’amateka muri Kampala aho yaherukaga gutaramira mu mwaka wa 2018, ariko anongeraho ko hari n’indi mishinga ahafite. Umwe muri iyi mishinga byarangiye ubaye ikindi gitaramo kizaba ku wa 06 Kamena 2022.

 

Iki gitaramo kitari cyarigeze kimenyekanishwa cyane n’ubwo n’icya mbere ari uko kuko cyamamajwe mu minsi itagera kuri 20,cyo kigiye kuba kishyuza amafaranga y’umurengera ugereranije n’icyo aheruka kandi cyamamazwe mu masaha 48 yonyine uhereye igihe cyamenyekanishijwe n’umunsi kizaberaho.

 

Icya mbere kitabiriwe n’abagera ku 1500 aho kukinjiramo byari agera ku bihumbi 22Frw kuwaguze itike mbere, n’ibihumbi 27Frw kuwayiguze ku munsi w’igitaramo. Kuri ubu igihe cyo kwamamaza ari gito itike ya macye ni ibihumbi 8Frw, naho iya menshi ikaba igera ku bihumbi bikabakaba 300Frw.

 

Nk’uko tubikesha abari bitabiriye igitaramo cya mbere, cyabaye bugufi n’ahari hari kubera igitaramo cy’umwe mu bahanzi bakomeye mu muziki wo kuramya no guhimbaza Imana, Pastor Bugembe uri mu bigaruriye imitima ya benshi mu mujyi wa Kampala, nyamara ntibyabujije imyanya kubura mu gitaramo cya The Ben.

 

Kuba noneho hongeye gutegurwa ikindi gitaramo mu masaha mbarwa kiri mu bihenze mu mujyi wa Kampala, no ku ruhande rw’ikompanyi yateguye iki gitaramo ya Stress Clinic isanzwe ihuza abahanzi batandukanye ikanishyuza, bigaragaza ko izina The Ben atari agafu k’imvugwa rimwe muri Uganda, n’umuziki nyarwanda umaze kwigarurira isoko ryo muri iki gihugu nk’uko cyari cyarigaruriye iryo mu Rwanda mu myaka itambutse.

 

Urebye abahanzi Stress Clinic yagiye itumira, nta nahamwe higeze hishyuzwa amafaranga menshi nk’ayo bishyuje ku kujya kureba igitaramo cya The Ben. Reka turebe ku gitaramo umunya-Nigeria, Ruger aheruka gukorera muri Uganda nacyo cyateguwe n’iyi kompanyi, cyabaye kuwa 11 Gashyantare 2022, hishyujwe ibihumbi 14Frw.

 

Icy’umunya-Jamaica, Turbulence aheruka gukorerayo kwinjira byari ibihumbi 5Frw, hari kuwa 14 Werurwe 2022. Hari kandi icya Bebe Cool cyo kuwa 04 Mata 2022, Chameleon cyo kuwa 02 Gicurasi 2022, Ykee Benda kuwa 23 Gicurasi 2022 byose byari ibihumbi 5Frw.

 

Uretse kuba izina The Ben rimaze gushinga imizi mu mitima y’Abagande, n’imyaka 4 yari amaze atahataramira kandi yarakomeje gukora nacyo ni ikindi gituma ibitaramo yahakorera uko byangana kose byakomeza kwitabirwa.

The Ben kuwa 03 Kamena ubwo yataramiraga muri Kampala hari hakubise huzuye

Umuziki w'u Rwanda umaze kugera kure

Kwinjira kuwa gatanu byari ibihumbi 22Frw kuwishyuye mbere na 27Frw kuyigurira ku muryango

Igitaramo cya kabiri cya The Ben muri Uganda kirahenze cyane

Ibitaramo biheruka gutegurwa na Stress Clinic ni uko byishyujwe:

 

Umunya-Nigeria, Ruger byari ibihumbi 13

Umunya-Jamaica Turbulence byari ibihumbi 5Frw

Ykee Benda ibihumbi 5Frw

Bebe Cool ibihumbi 5Frw

Chameleon byari ibihumbi 5Frw
  








TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND