Ibihembo bya Zikomo Africa Awards 2022 byongeye byagarutse aho hatangajwe ibyiciro bizahatanirwa, n’icyo umuntu wese wifuza guha amahirwe umuhanzi, umunyamideli n’abandi banyuranye bakoze neza yagenderaho.
Ibihembo bya Zikomo
Africa Awards 2022 bitangirwa muri Zambia buri mwaka, muri uyu mwaka ibirori
bikaba biteganijwe kuzaba mu Ukwakira nyuma y’ihatana rigiye gutangira rizasiga
hamenyekanye abegukanye buri cyiciro.
Ibyiciro byatangajwe
bikaba birimo iby’umuziki, imideli, siporo, ubushabitsi, filimi, urwenya, ubusizi,
imbyino na protocol. Kuba umuntu wakoze neza hagati y’umwaka wa 2021 na 2022 yahatana, bisaba kuba yabonye abantu benshi bagaragaza ko yakoze.
Guhera kuwa 02 Kamena
2022, akaba aribwo binyuze ku rubuga rwa www.zikomoawards.com
hazafungurwa kuri buri umwe kuba yahesha amahirwe umuntu mu byiciro bitandukanye
twavuze haruguru, bikubiyemo ibindi uko abantu baguhitamo ari benshi niko amahirwe yiyongera yo kuzagira amahirwe yo guhatana.
Icyiciro kigiye gufungurwa ni icya 'nomination', hazakurikiraho 'voting' nyuma yo kumenyekana kw’abahatanye muri buri cyiciro bazashyirwamo n'abakunze ibyo bakoze nk’uko twabivuze. Ni Zikomo Africa bivuze ko n'u Rwanda rurimo.Ibyiciro birimo iby’abitwaye neza muri siporo, itangazamakuru, imbyino na protocol
Ibyiciro by’abitwaye neza mu mideli, mu bikorwa by'urukundo, urwenya, ubusizi n'ubwanditsi
Ibyiciro bya ba rwiyemezamirimo, umuziki, filimi, imyambarire na make up
Bamwe mu baterankunga ba Zikomo Africa Awards amarembo kandi akaba agifunguye k’uwifuza gutera inkunga ibi bihembo
TANGA IGITECYEREZO