Umutoza w'ikipe y'igihugu Amavubi Carlos Alos Ferrer, yatangaje ko yanyuzwe n'abakinnyi afite, kubera ukuntu bari gukora imyitozo.
Kuri
uyu wa gatanu tariki 27 Gicurasi, Amavubi yakoze imyitozo y'umunsi wa gatatu
yitegura imikino ibiri yo gushaka tike y'igikombe cya Afurika, izakinamo na
Mozambique na Senegal.
Ni
imyitozo yabanjirijwe n'ikiganiro n'itangazamakuru, aho umutoza Carlos Alos
Ferrer yagombaga gutanga amakuru y'uko ikipe ihagaze mu minsi igera kuri itatu
ayimaranye.
Carlos
Alos abajijwe uburyo yabonyemo abakinnyi yavuze ko yishimiye uko bari gukora
imyitozo ko kandi bahagaze neza. Yagize ati " ndishimye kubera abakinnyi
mfite, ni abakinnyi yitaye ku myitozo kuko bari gutanga imbaraga zabo 100%
natunguwe n'ukuntu bahagaze, haba mu kibuga ndetse no hanze yacyo muri macye
turishimye."
Amavubi akomeje imyitozo ikakaye
Abajijwe
niba hari amahirwe afite yo gutsinda Mozambique mu mukino ufungura itsinda,
yavuze ko atabimenya. " Njye ntabwo nabimenya kuko ibyo nshinzwe ni
ugutegura umukino. Ikintu cya mbere ni ugutegura abakinnyi kuko ikintu cya
mbere ni abakinnyi, ubu ndimo ndabereka buri kimwe kugira ngo tuzajye guhura na
Mozambique tumeze neza."
Tariki
2 Kamena nibwo u Rwanda ruzakina umukino ufungura itsinda aho ruzaba rwasuye
Mozambique mu mukino uzabera muri Afurika y'Epfo, naho tariki 7 Kamena u Rwanda
rwakire Senegal i Huye.
TANGA IGITECYEREZO