RFL
Kigali

Sinafashwe ku ngufu- Sheebah Karungi yareze umugabo ‘wamukorakoye’

Yanditswe na: Janvier Iyamuremye
Taliki:19/05/2022 11:19
0


Umuhanzikazi udatana n’udushya wo muri Uganda, Sheebah Karungi yatanze ikirego ku rwego rwa Polisi ya Uganda rushinzwe Ubugenzacyaha (Criminal Investigations Directorate), kijyanye n’ihohoterwa rishingiye ku gutsina avuga ko yakorewe.



Uyu muhanzikazi wamenyekanye mu ndirimbo ‘Nwakata Burungi’,  ku wa 17 Gicurasi 2022 yahuye n’umuyobozi wa CID, Tom Magambo atanga ikirego kijyanye n’ihohoterwa rishingiye ku gitsina hatarimo gufatwa ku ngufu.

Mu kirego cye, Sheebah yavuze umugabo wamuhohoteye. Asobanura ko atari umunyamakuru akaba n’umushoramari Andrew Mwenda, nk’uko byari bimaze iminsi bivugwa ku mbuga nkoranyambaga n’ahandi.

Andrew yanditse kuri Twitter avuga ko yishimiye kuba Sheebah Karungi yavugishije ukuri, izina rye rikavanwa muri iki kirego atagizemo uruhare.

Uyu mukobwa yavuze ko ikirego cye hari abacyuririyeho batangaza amakuru atari yo kuri Guverinoma ya Uganda, ndetse n’umunyamakuru Andrew Mwenda.

Lt Gen Muhoozi Kainerugaba yari yasabye Sheebah Karungi kujya kuri polisi agatanga ikirego cy’uwo muntu avuga ko yamuhohoteye, amwizeza umutekano usesuye igihe cyose ashaka guharanira ubutabera bwe no kwishyira akizana.

Mu kiganiro yagiranye n’ibinyamakuru birimo NTV Uganda, Sheebah Karungi yavuze ko atigeze afatwa ku ngufu ariko ko gukorakorwa biganisha ku ifatwa ku ngufu. Ati “Sinafashwe ku ngufu ariko niho narakorakowe biganisha ku gufatwa ku ngufu.”

Uyu mukobwa yirinze gutangaza mu itangazamakuru umugabo wamukorakoye, avuga ati “abagabo bakwiye kubaha abagore.”

Sheebah aherutse kuvuga ko ‘igihe kimwe Abanya-Uganda bazaterwa ishema n’umugore umeze nkanjye'. Ashimangira ko ameze neza kandi ni umugore w’indwanyi.

Yavuze ko yaganiriye na benshi kandi yumviswe. Avuga ko adacibwa intege n’ibivugwa. Kandi umugore witinyutse uyu munsi ‘hari igihe yabayeho yitinya muri we’.

Uyu muhanzi yabwiye abagabo kudafata abagore ‘nk’ibikoresho’. Ababwira ko niba bashaka kuryamana n’umugore, bakwiye kubisaba neza.

Yavuze ko abagabo bose bakwiye guharanira guha icyubahiro abagore nk’uko bubaha abakobwa babo.

Mu mashusho yashyize ku mbuga nkoranyambaga ze, yavuze ko mu minsi ishize hari ahantu yagombaga kuririmba mu gitaramo cya bamwe mu bantu ‘mwubaha, mufatiraho urugero (role model) bigaragaza nk’abantu beza kuri Televiziyo’.

Avuga ko mbere y’uko ajya ku rubyiniro umwe mu bagabo yamusanze mu modoka amusekera, ari kumwe n’abarinzi be, bafungura urugi rw’imodoka yari arimo.

Uyu muhanzikazi avuga ko yari muri iyo modoka, ategereje ko umujyanama we amubwira ko igihe cyageze cyo kujya ku rubyiniro.

Avuga ko uwo mugabo wamukoreye ihohoterwa rishingiye ku gitsina atatangaje amazina, yitwaye nabi imbere ye n’imbere y’abashinzwe kumufasha mu muziki.

Sheebah avuga ko yagize umujinya ku buryo yumvaga atajya ku rubyiniro, ariko kubera ko yubaha akazi ke yarabikoze.  

Sheebah Karungi yatangaje ko atafashwe ku ngufu, ariko ko gukorakorwa biganisha ku ifatwa ku ngufu 

Sheebah yavuze ko Andrew Mwenda atari we mugabo wamukoreye ihohoterwa, asaba abagabo kwiyubaha

Sheebah uzwi mu ndirimbo ‘Beera Nange’ avuga ko igihe kimwe Abanya-Uganda bazaterwa ishema nawe.






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND