RFL
Kigali

Amalon yakuye Pinky wo muri Uganda mu ndirimbo iri kuri EP ye yasohoye

Yanditswe na: Janvier Iyamuremye
Taliki:18/05/2022 14:10
0


Umuhanzi Bizimana Amani uzwi mu muziki nka Amalon, yasohoye indirimbo ebyiri zigize Extended Play (EP) ye yise ‘Royalty’.’



Iriho indirimbo ‘Wanchekecha’ y’iminota 3 n’amasegonda 21’ ndetse na ‘Royalty’ y’iminota 3 n’amasegonda 26’ yayitiriye.

Amalon yabwiye INYARWANDA ko yari amaze igihe akorana kuri izi ndirimbo hamwe n’izindi agomba gushyira ahagaragara muri iyi mpeshyi ya 2022.

Avuga ko ari indirimbo zimwumvikanisha mu buryo butandukanye n’ubwo abantu bari bamuziho, ari na yo mpamvu yahisemo kubanza gushyira hanze ‘audio’ gusa.

Mu ntangiriro za Gashyantare 2022, umunyamafaranga Jeff Kiwa akaba n’umukunzi w’umuziki yari mu Rwanda ari kumwe n’umuhanzikazi Pinky.

Jeff Kiwa yavuzwe cyane ubwo yafashaga mu muziki umuhanzikazi Sheebah Karungi baje gutandukana agejeje ku rwego rushimishije.

Nyuma y’uko batandukanye, Jeff yahise atangira gufasha Pinky. Ubwo bari mu Rwanda, uyu muhanzikazi yakoranye indirimbo na Amalon.

Hari amashusho yasohotse Jeff ari kumwe na Pinky bumva iyi ndirimbo uyu muhanzikazi yari yakoranye na Amalon.

Amalon yabwiye INYARWANDA ko iyi ndirimbo ari ‘Wanchekecha’ iri kuri iyi EP ye yasohoye, ariko ko amajwi y’uyu mukobwa yakuwemo kuko atabashije kubonekera igihe ngo bayirangize neza nk’uko bari bavuganye.

Uyu muhanzi yavuze ko yafashe icyemezo cyo gusohora iyi ndirimbo ari wenyine, kubera ko yari amaze igihe adasohora indirimbo kandi akabona ari gutinda.

Ati “Byabaye ngombwa ko dusa n’aho dukorana ‘sample’ nashakaga kureba ko nakwaguka mu muziki. Yararirimbye [Mu ndirimbo] ariko nyuma tuza kuganira […] biba ngombwa ko ndeka gukomeza kumugekereza, kuko umwaka wari ugeze [Adasohora indirimbo].”

Uyu muhanzi yari amaze umwaka udasohora indirimbo, kuko yaherukaga iyo yise ‘Tequila’ yasohoye ku wa 20 Mata 2021.

Akomeza ati “Kuri gahunda yabo menya [Jeff na Pinky] barashakaga ko tubyigiza imbere tukabishyira mu y’andi mezi ariko njyewe igihe cyanjye cyari cyageze, biba ngombwa ko nsohora indirimbo atumvikanamo. Yari afite ‘verse’ muri iyi ndirimbo ‘Wanchekecha’.”

Amalon yavuze ko nta kibazo afitanye na Pinky ahubwo byabaye ‘ngombwa ko nsohora indirimbo zanjye’. Akavuga ko ari gutekereza gusubiramo iyi ndirimbo ‘Wanchekecha’ aho noneho Pinky ashobora kuyumvikanamo.

Ati “Nta wundi mushinga twari dufitanye kwari ukuririmba muri iyi ndirimbo. Ariko ndatekereza gusubiramo iyi ndirimbo, umushinga nibwo ugitangira. Mu kuyisubiramo, nshobora kumwifashisha. Kuko ndashaka no gusubiramo ‘Royality’.

Uyu muhanzi yavuze ko nta mubare w’indirimbo ziteganyijwe kujya kuri EP ari nayo mpamvu iye iriho indirimbo ebyiri gusa, kandi zihariye.

Ati “Urabona igihe ahantu kigeze numvaga nasohora ‘video’ imwe numva icyihutirwa atari uko abantu babona njyewe ku maso, ndavuga nti reka mbanze mbasubize muri ‘melody’ nziza babanze bumve neza ‘sound’ zirimo kuko ni nshya.”

Akomeza ati “Urumva ndi kuzana ikintu gishya. Ni indirimbo ebyiri ariko zikubiyemo ubuhanga bwinshi. Ndashaka ko babanza kuzumva. Indirimbo nka ‘Wanchekecha’ irabyinitse, tugiye mu gihe cy’impeshyi aho abantu bazaba babyina, mu birori n’ahandi. Ndashaka gushyiramo imbaraga ku buryo impeshyi izagera abantu baraziyumvisemo [Indirimbo]. Ni ukugaruka neza mu kibuga cy’umuziki.”

Nanyanzi Rahmah [Pinky] wakuwe muri iyi ndirimbo abarizwa muri sosiyete ifasha abahanzi mu bya muzika ya Jeff Kiwa yise ‘Team No Sleep’ cyangwa TNS. Uyu mukobwa azwi mu ndirimbo ‘Superstar’, ‘Selector’, ‘Kukwagala’ n’izindi.

Uyu mukobwa w’imyaka 17 y’amavuko, ni umunyeshuri muri Kampala International University (K.I.U). Yasoje ayisumbuye muri London College Nansana.

Pinky aherutse gutangaza ko kuri iyi myaka yari agiye kurongorwa n’umugabo w’imyaka 45 y’amavuko kugira ngo abashe kubona ‘Green Card’ ajye kuba muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika.

Uyu mukobwa yavuze ko Nyina ari we wamusabaga kubana n’uyu mugabo, mu gihe Se atabyiyumvishaga.

Pinky yavuze ko uyu mugabo w’imyaka 45 yabanje kumubwira ko ashaka kumufasha mu muziki, kandi akamujyana muri Amerika kwiga ibijyanye n’amategeko.

Uyu mugabo yabwiye Pinky ko kugira ngo bishoboke, ari uko yemera bakabana nk’umugabo n’umugore, undi arabyanga.


Pinky yari yagaragaje ko yanogewe no gukorana indirimbo na Amalon n’ubwo igitero (Verse) cye cyakuwemo 

Amalon yatangaje ko yafashe icyemezo cyo gukura Pinky mu ndirimbo ‘Wanchekecha’ kubera ko yari arimo kumutinza 

Ubwo yinjiraga muri Team No Sleep (TNS), Pinky yavuze ko atagenzwa no gusimbura Sheebah Karungi ahubwo arajwe ishinga no gutangira urugendo rwe rw’umuziki

KADA HANO WUMVE INDIRIMBO ‘WANCHEKECHA’ YA  AMALON

">

KANDA HANO WUMVE INDIRIMBO ‘LOYALTY’ YA  AMALON

">






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND