RFL
Kigali

Platini yifashishije Miss Cadette mu ndirimbo ibanjirije umushinga wa Album-VIDEO

Yanditswe na: Janvier Iyamuremye
Taliki:17/05/2022 10:07
0


Umuhanzi Nemeye Platini uzwi nka Platini P yashyize ahagaragara amashusho y’indirimbo ye nshya yise ‘Jojo’, yakoreshejemo Umukundwa Clemence uzwi nka Miss Cadette witabiriye irushanwa rya Miss Rwanda 2019 na Miss Supranational Rwanda 2019.



‘Jojo’ y’iminota 3 n’amasegonda 12’ ibaye indirimbo ya kabiri Platini asohoye muri uyu mwaka, nyuma ya ‘Ibyapa’ yashyize ahagaragara ku wa 17 Gashyantare 2022 ifite iminota 3 n’amasegonda 46’.

Platini yabwiye INYARWANDA ko iyi ndirimbo ibanjirije umushinga wa Album ye ya mbere agiye gutangira gukoraho, izumvikanaho indirimbo nshya gusa. Uyu muhanzi yavuze ko muri uyu mwaka ari bwo azashyira hanze iyi album.

Kuva mu myaka ibiri ishize, uyu muhanzi yashyize hanze indirimbo zakunzwe zirimo nka ‘Veronika’, ‘Atensiyo’, ‘Ntabirenze’, ‘Helena’ n’izindi nyinshi.

Platini ni umwe mu bafashwa mu muziki na Sosiyete yo muri Nigeria yitwa One Percent Managers, izwi mu kumenyekanisha ibihangano by’abahanzi n’abandi.

Uyu muhanzi kandi ashyize hanze iyi ndirimbo nyuma y’amezi ashize we n’umuryango we bimukiye mu nzu nshya, yubatse ahitwa Mukarumuna. Yavuze ko amafaranga yubakishije iyi nzu yavuye mu muziki.

Mu buryo bw’amajwi (Audio) iyi ndirimbo 'Jojo' yakozwe na Producer Element, naho amashusho yakozwe na Omario. 

Gitari ‘bass’ yumvikanamo yacuranzwe na Arnaud Gasige, naho gitari ‘accoustic’ yacuranzwe na Jules. 

Platini yasohoye amashusho y’indirimbo ye nshya yise ‘Jojo’



Umukundwa Clemence uzwi nka Cadette amaze kugaragara mu ndirimbo z’abahanzi benshi


Platini yatangaje ko muri uyu mwaka ashyira hanze album ye ya mbere

KANDA HANO UREBE AMASHUSHO Y’INDIRIMBO ‘JOJO’ YA PLATINI

"> 








TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND