RFL
Kigali

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu Sheikh Khalifa Bin Zayed yitabye Imana ku myaka 73

Yanditswe na: InyaRwanda
Taliki:14/05/2022 9:13
0


Uwari umuyobozi wa Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu, Sheikh Khalifa bin Zayed Al Nahyan yitabye Imana, nk'uko byatangajwe n’ibinyamakuru byo muri iki gihugu kuri uyu wa Gatanu, yari afite imyaka 73.



Minisitiri muri Perezidanse y’igihugu cya Leta Zunze ubumwe z'Abarabu abitangaza, hashyizweho iminsi 40 y’icyunamo ndetse no guhagarika bimwe mu bikorwa bya Minisiteri zose, ibigo bya leta n’abikorera ku giti cyabo mu gihe cy’iminsi 3, harimo no kumanura amabendera akagezwa muri kimwe cya kabiri. Uyu muyobozi yazize ibirimo indwara ya stroke yamufashe guhera mu mwaka wa 2014, kuva icyo gihe ntiyakundaga kugaragara mu ruhame. 

Sheikh Khalifa yavutse mu mwaka w’1948, avukira ahitwa Al Ain hafi mu nkengero z’aho umuyobozi wa Oman yari atuye, yiswe amazina hagendewe ku ya sekuru witwaga sheikh Khalifa bin Shakhbout.

                    Sheikh Khalifa witabye Imana ku myaka 73 

Mu mwaka w’1969, igihugu kikiri mu bihe by’ubukoroni bw’Abongereza yabaye Ministiri w’intebe wa Abu Dhabi, nyuma yo kwibohora mu mwaka w’1971, yabaye Minisitiri w’ingabo hamwe n’izindi nshingano. Sheikh Khalifa yasimbuye se mu mwaka wa 2004, ari nawe washinze umuryango wa Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu (UAE).

Uyu yakoreshaga ubukungu buturuka mu mavuta yo muri Dhabi, ku mpamvu zo guteza imbere umuco n’ubumenyi by’umwihariko ingoro y’amateka ya Louvre, amashami y’ibijyanye na satellite ya New York University na Surbone. 

Izina rye kandi ryamenyekanye cyane kubera inzu yamwitiriwe yambere ndende kwisi ifite uburebure bwa metero 828, ikozwe mu byuma n’ibirahure muri Dubai. Nk’abandi bose rero batuye muri iki gihugu yakundaga sport gakondo, agakunda kuroba ndetse agakunda no gukora umwuga w’ubusizi.

Umwanditsi: Iradukunda Olivier 






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND