Umwe mu myanzuro y'Inama y'Abaminisitiri yateranye kuri uyu wa 13 Gicurasi 2022, ni uko mu Rwanda bitakiri ngombwa kwambara agapfukamunwa.
Inama
y'Abaminisitiri yateranye iyobowe na Perezida Paul Kagame yashyize mu myanya
abayobozi batandukanye, inafata imyanzuro irimo ko bitakiri ngombwa kwambara
agapfukamunwa.
Iyi nama yabereye muri Village Urugwiro, yavuze ko
ingamba zisanzweho zizakomeza gukurikizwa, kandi zizongera kuvugururwa mu gihe
cy'ukwezi kumwe hashingiwe ku isesengura ry'inzego z'ubuzima.
Iri tangazo rivuga ko Abanyarwanda n'abaturarwanda
barasabwa kwikingiza byuzuye, kugira ngo bemererwe kujya ahantu hahurira abantu
benshi (harimo no kwemererwa kugenda mu mudoka zitwara abantu mu buryo bwa rusange).
Rivuga ko 'kwikingiza byuzuye bisobanura guhabwa
inkingo ebyiri ndetse n'urwo gushimangira ku bujuje ibisabwa (nyuma y'amezi 3
umuntu ahawe urukingo rwa 2).
Abagenzi bose binjira mu gihugu bakoresheje ikibuga cy'indege Mpuzamahanga cya Kigali, bagomba kuba bafite icyemezo cy'uko bipimishije
Covid-19 mu gihe cy'amasaha 72 mbere y'uko bahaguruka.
Abagenzi bose bava mu Gihugu bakoresheje ikibuga cy'indege
mpuzamahanga cya Kigali, bagomba kuba bafite icyemezo cy'uko bipimishije
Covid-19, hashingiwe ku bisabwa n'igihugu bagiyemo.
Abanyarwanda bose bava mu gihugu bagomba kuba
barakingiwe Covid-19.
Inama y'Abaminisitiri yavuze 'Ntibikiri itegeko kwambara agapfukamunwa.' Icyakora, abantu barashishikarizwa kwambara agapfukamunwa igihe bari ahantu hafunganye kandi hahuriye abantu benshi'.
Abaturage barakangurirwa kandi gukomeza kwipimisha
kenshi no kubahiriza ingamba zo kwirinda Covid-19
TANGA IGITECYEREZO