RFL
Kigali

Bwa mbere mu mateka u Rwanda rugiye kwakira igikombe cy’Isi mu mupira w’amaguru

Yanditswe na: SAFARI Garcon
Taliki:6/05/2022 16:57
1


U Rwanda rwasinye amasezerano aruha uburenganzira bwo kuzakira igikombe cy’Isi cy’amakipe y’aba veterans "Veteran Clubs World Championship" riteganyijwe kuzaba mu 2024.



Kuri uyu wa Kane tariki ya 5 Gicurasi 2022, Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda ‘FERWAFA’ ryasinye amasezerano y’ubufatanye n’Ishyirahamwe ry’imikino y’aba Veterans ku Isi (FIFVE) agamije gutegura irushanwa ry’Isi ry’amakipe y’aba veterans "Veteran Clubs World Championship" riteganyijwe kubera mu Rwanda mu 2024.

Uyu muhango witabiriwe n’abayobozi b’amashyirahamwe yombi, Nizeyimana Olivier uyobora FERWAFA, Mr Siewe Fred uyobora FIFVE, ndetse na Patrick Mboma wakiniye amakipe atandukanye arimo ikipe y’Igihugu ya Cameroon nawe ufite imirimo ashinzwe muri iryo shyirahamwe.

Mu ijambo rye, Perezida wa FERWAFA Nizeyimana Olivier, yashimiye itsinda riri gitegura iki gikombe cy’Isi kizabera mu Rwanda, ndetse anabizeza ko ku bufatanye n’ubuyobozi bw’igihugu rizagenda neza nk’uko bisanzwe mu Rwanda.

Ati “Ni iby’agaciro kuba Siewe n’ikipe ye baradutekerejeho ngo tuzakire iri rushanwa, nk’uko mubizi mu Rwanda tugira umuco wo kwakira abashyitsi, dukunda abashyitsi, kuba mwarahisemo u Rwanda turabibashimiye cyane”.

Mr Siewe Fred uyobora FIFVE, yatangaje ko yishimira ko uyu mushinga abawutekereje kandi biteguye kuwushyira mu bikorwa ari abanyafurika, anavuga ko u Rwanda ari igihugu kibikwiye kuba kigiye kwakira iri rushanwa

Ati“Ni iby’agaciro kuba turi i Kigali aka kanya, byari inzozi kuba twaza hano none turahari, u Rwanda ni igihugu kibikwiriye kuba cyakwakira uyu mushinga”.

Mboma uri mu bashinzwe gukurikirana ishyirwa mu bikorwa ry’uyu mushinga yavuze ko yizeye ko u Rwanda binyuze mu banyarwanda bazatuma uyu mushinga w’igikombe cy’Isi ugenda neza, ariko by’umwihariko ashingiye ku cyizere afitiye Perezida Kagame w’u Rwanda kubera iterambere igihugu cyagezeho mu myaka mike.

Ni ubwa mbere igikombe cy’Isi cy’abakanyujijeho kizaba kibereye ku mugabane wa Afurika, kuko ibindi bikombe biheruka gukinwa byabereye ku mugabane w’i Burayi.

U Rwanda rwasinye amasezerano yo kwakira igikombe cy'Isi cy'abakanyujijeho mu mupira w'amaguru

Patrick Mboma uri mu Ishyirahamwe ry'abakanyujijeho muri ruhago yari muri uyu muhango





TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • Kid1 year ago
    Ariko uriya mugabo sumwe bavuga ko bahaye za pass zaba miss ra?!?!





Inyarwanda BACKGROUND