RFL
Kigali

London: Kirezi Kentha yahuriye mu birori by’imideli na Kate Middleton ushobora kuba Umwamikazi w’u Bwongereza-AMAFOTO

Yanditswe na: Abitije Seraphin Elise
Taliki:5/05/2022 9:03
1


Umunyamideli w’umunyarwanda Kirezi Kentha kuri ubu ubarizwa muri London kubera impamvu z’akazi, yahuye na Kate Middleton umugore wa Prince William uri ku mwanya wa kabiri inyuma ya Se mu bafata intebe y’u Bwami bw’u Bwongereza.



Kate Middleton ni bwo yitabiriye ibirori by’imideli byarimo abanyabigwi batandukanye mu ruganda rw’imideli mu Bwongereza aho yanatanze igihembo mu izina ry’Umwamikazi Elizabeth yari ahagarariye.

Ibi birori byabereye mu nzu ndangamateka y’abanyamideli iherereye mu murwa mukuru w’u Bwongereza, London. Kate usanzwe ari umunyabigwi mu mideli igihembo yatanze yagishyikirije Saul Nash ukomeje kwerekana ubuhanga bukomeye.

Iki gihembo gitangwa n’Umwamikazi ubusanzwe cyatangiye gutangwa ku bahangamideli mu myaka 5 ishize kubera uruhare bakomeje kugenda bagira kuva Umwamikazi Elizabeth II yafata ingoma.

Muri ibi birori Kate yaserutsemo yambaye ikanzu yo mu ibara ry’icyatsi ifite umukandara mu nda, ikaba yaratunganijwe n’umuhangamideli witwa Edeline Lee yahuye n’abahangamideli batandukanye bakomeje kwigaragaza kandi batanga icyizerere cy'ahazaza h’uruganda rw’imideli.

Yahuye kandi n’umunyamakuru Edward Enninful uri mu bakomeye mu mideli unashinzwe imikorere y’abandi banyamakuru mu kinyamakuru rurangiranwa mu mideli cya Britisg Vogue.

Mu bandi bagiriwe ubuntu bwo guhura na Kate umugore w’Igikomangoma William uri ku mwanya w’imbere mu bahabwa amahirwe yo kuba bafata intebe y’ubwami bw’u Bwongereza mu gihe icyo ari cyose, ni umunyamidelikazi w’umunyarwanda Kirezi Kentha.

Kirezi  Kentha akaba ari umwe mu banyamideli bakiri bato batanga icyizere cy'ahazaza mu mideli y’u Rwanda ariko kuri ubu utuye mu Bwongereza aho afitanye amasezerano n'imwe mu nzu mpuzamahanga zireberera inyungu z’abanyamideli izwi nka ‘British and Paris Models Agencies’.

Mu Rwanda, Kirezi kandi ni umwe mu bagize Webest Models Agency iri mu nzu zireberera inyungu z’abanyamideli zikomeye yashinzwe n’abarimo Franco Kabano.

Nash washyikirijwe igihembo na Kate, ni umuhangamideli ariko na none akaba n'inararibonye mu bijyanye no gufasha abayimurika abigisha uko batambuka n’ibindi.

Igihembo Kate yatanze kikaba cyaherukaga gutangwa muri Gashyantare 2018 ubwo Umwamikazi w’u Bwongereza yitabiraga London Fashion Week, icyo gihe Lucy Price akaba yaragishyikirije umuhangamideli Richard Quinn mu izina ry'Umwamikazi Elizabeth.

Mu 2019 Camilla ni we wagitanze, mu 2020 ho kikaba cyaratanzwe na Princess Anne naho mu mwaka wa 2021 cyatazwe na Sophie. Iteka iki gihembo gitangwa n’abanyamuryango b’Ubwami bw’u Bwongereza.

Kate Middleton yaserutse mu ikanzu y'icyatsi yajyanishije n'inkweto

Ashobora kuba Umwamikazi kimwe n'uko Umugabo we yaba Umwami isaha yose

Saul Nash wegukanye igihembo cya Queen Elizabeth II 


Kirezi Kentha usutse ibituta ubwo yahuraga na Kate Middleton

Kentha abarizwa mu nzu y'imideli ya We Best Model imwe mu zireberera inyungu z'abanyamideli zikomeye mu Rwanda





TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • Kwizera1 year ago
    Nibyiza rwose birababereye. Umwamikazi urenze kabis





Inyarwanda BACKGROUND