RFL
Kigali

Igazeti ya Leta ivuga iki ku minsi ibiri y'ibiruhuko yahuriranye ?

Yanditswe na: Kwizera jean de Dieu
Taliki:1/05/2022 10:33
1


Minisiteri y’abakozi ba Leta n’Umurimo yatangaje ko kuwa kabiri ari umunsi w’akazi, mu gihe benshi bari bazi ko ari ikuruhuko.



Mu butumwa bwatanzwe binyuze kuri Twitter, Minisiteri y’abakozi yagize iti: “Minisiteri y’abakozi ba Leta n’umurimo, iramenyesha abakoresha n’abakozi bose bo mu nzego za Leta n’abo mu nzego z’abikorera ko kuwa kabiri tariki 03 Gicurasi ari umunsi w’akazi”.

Iri tangazo ryagiye hanze nyuma y’aho abantu batandukanye batekerezaga ko  ku munsi wo kuwa mbere no kuwa kabiri ari iminsi y’ikiruhuko.

Umunsi mukuru w’abakozi wizihizwa tariki ya 1 Gicurasi buri mwaka. Iyo umunsi mukuru wahuriranye na weekend, ku munsi w’akazi ukurikiyeho hatangwa ikiruhuko. Kuwa mbere tariki 2 Gicurasi 2022, biteganyijwe ko ari umunsi wo gusoza igisibo ku basiramu bose, aho hatangwa konje.

Nk’uko bigaragara mu igaseti ya Leta No11 yo kuwa 13/3/2017 ku rupapuro rwayo rwa 27, havuga ko iyo iminsi ibiri y’ikiruhuko ihuriranye, umunsi ukurikiyeho w’akazi uba ikiruhuko rusange mu rwego rwo gusimbura umwe muri iyo minsi ibiri y’ikiruhuko rusange yahuriranye, nk’uko byibukijwe n’umuturage witwa Uwamungu Jean Baptiste watanze igitekerezo ku butumwa (Twitter) bwatanzwe na Minisiteri y’abakozi ba Leta n’umurimo, asaba gusobanurirwa neza.

Biteganyijwe ko ku munsi wo ku wa mbere ari umunsi w’igisibo ku basiramu bose bo mu Rwanda no ku isi, mu gihe kuwa kabiri ari umunsi w’akazi nk’uko byatangajwe na Minisiteri y’abakozi.


Itangazo rya Minisiteri y'abakozi ba Leta n'Umurimo ryanyujijwe kuri konti ya Twitter.








TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • Tito1 year ago
    Njye ndumva bitumvikana,keretse iyo Ilaydi iza kuba uyu munsi kuwa 01-05,nibwo byari kuba ejo na ho ari konji cga bigahurirana mu yindi minsi y'akazi atari ita week-end.Icyo nibaza ni impamvu yashingiweho hemezwa ko iyo umunsi wa konji wahuriranye na week- end umunsi w'akazi ukurikiyeho uba konji,ndumva impamvu ari uko week end nta kazi kaba gahari,bityo umunsi wa konji muri week -end ni ngaho utamenyekana mbese nta gaciro k'uwo munsi wa konji nyirizina uba wahawe.Nkumva ko iyo konji ihuriranye n'umunsi wa week end umunsi ukurikira w'akazi ukaba konji iyo konji igahurirana n'undi munsi wa konji ufite agaciro kawo buri umwe wahabwa konji ku bwo kuringaniza.Ari byo by'ibi byabaye.Iyo ngingo yo irareba,iyo konji zahuriranye ku munsi umwe kdi zose ari konji zemewe yaba muri week end cga mu yindi minsi.Iyo ni interpretation yanjye.





Inyarwanda BACKGROUND