RFL
Kigali

Umunyamakuru Bruno Taifa wakoraga mu kiganiro urukiko rw'ubujurire yagiye gutura muri Amerika

Yanditswe na: ISHIMWE Olivier Ba
Taliki:1/05/2022 9:42
0


Umunyamakuru Kalisa Bruno bakunze kwita Taifa wakoraga ikiganiro cy'imikino kuri Radio Fine FM, yerekeje muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika akaba ari naho agiye gutura.



Mu ijoro ryo kuri uyu wa gatandatu, nibwo Bruno Taifa n'umuryango bafashe rutemikirere berekeje muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, aho bagiye gukomereza ubuzima ndetse n'imibereho mishya. Ibi bije nyuma yo kubona ibyangombwa byose byemerera uyu muryango kuba abaturage bashya muri Amerika. Bruno yari umaze amezi atandatu akora kuri Radio Fine FM mu kiganiro Urukiko rw'ubujurire, aho yakoranaga na bagenzi be barimo Sam Karenzi na Axel Horano.

Taifa Bruno agiye hashize igihe kigera ku cyumweru ikiganiro yakoragamo Urukiko rw'ubujurire gihagaze, aho Ubuyobizi bwa radio Fine FM bwatangaje ko iki kiganiro kizagaruka mu isura nshya. Kalisa Bruno ajyanye n'umufasha we Ingabire Yvette basezeranye kubana mu 2019, ubwo uyu munyamakuru yakoraga kuri City Radio. Taifa kandi yakoze ku maradiyo arimo Contact FM, City Radio, Radio 10 na Fine FM agiye yari abereye umunyamakuru.

Taifa n'umuryango we berekeje muri Amerika
Bruno yagiye kuri Fine FM avuye kuri Radio 10

Bruno yanakoze kuri City Radio imyaka myinshi





TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND