RFL
Kigali

Yari kumwe na Lt Gen Muhoozi mu Rwanda ! Amateka y’ingenzi y'umugore ukomeje kuzamurwa ubutitsa mu mapeti Brig Gen Bainebabo-AMAFOTO

Yanditswe na: Abitije Seraphin Elise
Taliki:24/04/2022 13:53
3


Brig Gen Charity Bainebabo umusirikarekazi mu ngabo za Uganda ari muri mbarwa bafite ipeti ryo hejuru, mu minsi micye ishize yari mu baherecyeje Lt Gen Muhoozi Kainerugaba mu ruzinduko rw’akazi yagiriye mu Rwanda.



Brig Gen Charity Bainababo aherutse kugirwa Umuyobozi wungirije w’Umutwe udasanzwe w’ingabo za Uganda, ukaba ari umutwe ushinzwe kurinda umukuru w’igihugu no kwita ku bindi bikorwa byihariye by’umutekano.

Ibi bikaba byaratangajwe n’Umunyamabanga w’ibiro by’Umukuru w’Igihugu cya Uganda Linda Nabusayi uyu mwanya Brig Gen Bainabo, akaba yaranamaze kuwugeramo asimbuye Brig. Gen David Mugisha.

Uyu mwanya akaba yarawushyizwemo nyuma y’igihe gito cyane, Umugaba w’Ikirenga w’ingabo za Uganda akaba n’Umukuru w’iki gihugu Museveni azamuye Bainababo amuvana ku ipeti rya Colonel amugira Brigadier General.

Uretse kuba kandi ari umusirikare ukomeye, ubwiza n’uburanga bwa Brig Gen Bainababo buri mu buvugisha abatari bacye.

Brig Gen Charity Bainababo yatangiye ari ADC  bivuze umwunganizi w’ibanga w’abasirikare bafite amapeti yo hejuru. Yabaye kandi ukuriye Umutekano wa Madame Janet Kataba, Museveni umufasha wa Perezida Museveni.

Muri Mata 2021 yari mu basirikare 1300 bazamuwe mu mapeti, icyo gihe yakuwe ku ipeti rya Lieutenant Colonel agirwa Colonel.

N’ubwo yongerewe inshingano akazamurwa mu mapeti n’ubu aracyari Umukuru w’umutwe w’ingenzi mu gihugu uzwi nka PPG, ushinzwe umutekano wa Madame Janet Museveni.

Brig Gen Bainababo arubatse afite abana babiri, aherutse gusaba gutangira gukorera impamyabushobozi y’ikirenga PHD dore ko asanzwe afite impamyabumenyi 2 z’icyiciro cya gatatu cya kaminuza, mu ikusanya n’ibungabungamakuru kimwe n’iyo mu bijyanye n’umutekano.

Yinjiye mu gisirikare nyuma yo gusoza amasomo muri kaminuza ya Makerere icyo gihe yinjiye mu cyiciro kimwe na Lt Gen Muhoozi Kainerugaba, kimwe na Maj Gen Sabiti Muzevi uyobora uruganda rwa Luwero.

Mu biganiro bitandukanye yagiye atanga, Brig Gen Bainababo yavuze ko yatewe imbaraga zo kwinjira mu gisirikare na se wahoze ari umupolisi. Kuzamurwa kwa Brig Gen Bainababo mu ngabo za UPDF bibonwa na benshi nk’iturufu yo gukurura abakobwa benshi kwinjira ku bwinshi mu gisirikare.

Brig Gen Bainababo azamuwe kabiri mu mapeti mu gihe kitarenga umwaka


Afite inshingano zo hejuru mu gisirikare cya Uganda


Afite uburanga butangaje


Ni umwe mu ikipe y'ingenzi yaherecyeje Lt Gen Muhoozi ubwo aheruka mu Rwanda



Brig Gen Bainababo yinjiye mu gisirikare mu mwaka 1998


Hagati ya 1999 na 2000 nibwo yatangiye amasomo ya cadet








TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • Mugisha1 year ago
    Abanyamakuru mwagiye mureka gukabya bikabije, ubwiza bw'uy mukecuru BUTANGAJE mwabubonye he? Nanga ibinyoma byanyu
  • Motari1 year ago
    1999 na2000 niba aribwo yarari cadet arakuze rwose Kandi mwavuzeko yinjiye igisirikare avuye makerere nubwo waba warazamutse neza ntibyabura kugutwara imyaka 20 kugirango ugire digre ndabona yaba Ari muri 45 nawe yakuze. Wamugani uburanga bwimyaka 45 hahaaa!!!Yego ntasuka yahuye mayo ariko imyaka yaje.
  • Jackson mushaija1 year ago
    Haaaaa ubuse aya namateka shaho murakabya gusa kuzamurwa muntera niyo mateka





Inyarwanda BACKGROUND