RFL
Kigali

Masamba yaririmbye mu isabukuru ya Lt Gen Muhoozi, amuha impano y'umupira wanditseho 'Inkotanyi'-AMAFOTO

Yanditswe na: Janvier Iyamuremye
Taliki:24/04/2022 9:06
0


Umuhanzi wagwije ibigwi mu Rwanda, Masamba Intore yaririmbye mu birori bikomeye byo kwizihiza isabukuru y’amavuko y’imyaka 48 y’Umugaba w’Ingabo za Uganda zirwanira ku Butaka, Gen. Muhoozi Kainerugaba.



Byabaye kuva mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatandatu tariki 23 Mata 2022, ahitwa Lugogo Cricket Oval mu Mujyi wa Kampala mu gihugu cya Uganda.

Biteganyijwe ko ibi birori bikomeza no kubera mu tundi duce twa Uganda mu rwego rwo kwizihiza byihariye isabukuru y’uyu muhungu wa Museveni, bivugwa ko ari we uzamusimbura ku buyobozi bwa Uganda.

Imihanda imwe n’imwe muri Uganda yafunzwe kugira ngo iyi sabukuru yizihizwe mu buryo butekanye, ndetse abahanzi bo muri Uganda bahawe amafaranga atagira ingano mu rwego rwo kuririmba muri ibi birori, hanakorwa indirimbo ivuga kuri Lt Gen Muhoozi.

Ibi birori byitabiriwe n’urubyiruko rwitwaje amabendera arimo n’iry’u Rwanda. Mu masaha y’umugoroba, nibwo habaye igitaramo cy’abahanzi basusurutsa benshi.

Byatambukaga imbonankubone kuri Televiziyo. Mu butumwa yanyujije kuri konti ye ya Instagram, Masamba yashimye Lt Gen Muhoozi wamutumiye mu birori byo kwizihiza isabukuru ye y’amavuko y’imyaka 48.

Ibirori bya mbere byabereye ahitwa Lugogo. Masamba avuga ko ibi birori bikomeza kuri iki cyumweru tariki 24 Mata 2022, kandi ko naho yatumiwe.

Ati “Mwakoze cyane Afande General MK kuntumira mu Isabukuru yanyu @ Lugogo ndetse mukaba mwongeye kuntumira n’ejo muri State House. Nzaza kandi nzatarama ubucuti n’umubano byose biganisha ku mahoro arambye kuko icyo dupfana kiruta icyo dupfa.”

Uyu muhanzi wagwije ibigwi mu Rwanda, yavuze ko byari ibirori byiza kandi byuzuye ibyishimo byinshi. Avuga ko muri ibi ibirori yaririmbye indirimbo ‘Inkotanyi cyane’ nk’uko yari yabimusabye ubwo yamutumiraga.

Masamba yavuze ko nyuma yo kuririmba yashyikirije Lt Gen Muhoozi umupira wanditseho ‘Inkotanyi Cyane’. Ati “Maze mushyikiriza impano ya t-shirt.”

Ubwo Lt Gen Muhoozi yakiraga inka 10 z’inyambo yagabiwe na Perezida Paul Kagame, yahise avuga ko abaye ‘Inkotanyi’ byuzuye. Kuva icyo gihe, hafi y’ubutumwa yanditseho, arenzaho ko ari ‘Inkotanyi cyane’.

Aherutse gutangaza ubutumwa buvuga ko mu ruzinduko rwa mbere yagiriye mu Rwanda muri Mutarama 2022, yasezeranyije Perezida Paul Kagame ko abayobozi bo muri Uganda bari mu nzego z’umutekano barwanya u Rwanda, badakwiye kuguma mu kazi kabo.


Masamba yavuze ko yishimiye kuririmba mu isabukuru ya Muhoozi, anamugenera impano y’umupira wanditseho ‘Inkotanyi cyane’


Masamba yaririmbye indirimbo 'Inkotanyi cyane' yasabwe na Lt Gen Muhoozi


Igitaramo cyo kwizihiza isabukuru y’amavuko ya Lt Gen Muhoozi cyaririmbyemo abahanzi bakomeye muri Uganda bahawe ibifurumba by’amashilingi

Ibyo kurya no kunywa byari byateguwe ku bwinshi kugira ngo buri wese atahe anezerewe

Lt Gen Muhoozi yashimiye urubyiruko rwavuye imihanda yose rwifatanya nawe kwizihiza isabukuru y’amavuko

Muhoozi arizihiza isabukuru y’amavuko yishimira uruhare yagize mu kuzahura umubano w’u Rwanda na Uganda

Lt Gen Muhoozi yatangaje ko ibirori by’isabukuru ye byazanye ibyishimo mu gihugu cye

Isinzi ry’abantu ryitabiriye igitaramo cyo kwizihiza isabukuru ya Muhoozi

Muhoozi yasabye abanya-Uganda kwita ku gihugu cyabo, kuko ntawundi uzabibakorera

Ibirori byo kwizihiza iyi sabukuru byabanjirijwe na siporo rusange, aho bagenze ibirometero 10












TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND