Rutahizamu w’ikipe y’igihugu ya Portugal, Cristiano Ronaldo byagaragajwe ko afite amasezerano yihariye muri Manchester United, amwinjiriza akayabo kuri buri gitego atsinze ndetse n’umubare w’ibitego agejejeho, byanatumye mu mpera z’icyumwe dusoje yegukana ibihumbi 850 by’amapawundi [miliyoni zirenga 850 Frw] nyuma yo gutsinda ibitego 3.
Cristiano
yatsinze ibitego bitatu byari bikenewe cyane na Man.United imbere ya Norwich City yari yigize
ibamba ibasha kwegukana amanota atatu yayihesheje kuba mu makipe agihataniye
gusoza shampiyona ari muri ane ya mbere mu Bwongereza.
Ibitego
bitatu Cristiano yinjije mu izamu rya Norwich ku munota wa 7’, 32’ na 76’, byamuhesheje
agahimbazamusyi ka miliyoni 850 Frw binaherekeza ingingo zihariye ziri mu
masezerano afitanye n’iyi kipe y’ubukombe ku Isi.
Mu
masezeramo Cristiano afitanye na Manchester United harimo ko azajya ahabwa
ibihumbi ijana by’amayero kuri buri gitego atsinze muri buri mukino.
Uyu
mukinnyi ufatwa nka nimero ya mbere ku Isi muri ruhago yemerewe ibihumbi 850
by’amapawundi mu gihe agejeje ibitego 20 mu marushanwa yose Manchester United
yitabiriye uyu mwaka w’imikino.
Kugeza
magingo aya, Ronaldo w’imyaka 37 amaze gutsinda ibitego 21 birimo 15 bya
shampiyona na bitanu byo muri UEFA Champions League.
Cristiano kandi mu gihe azaba agejeje ibitego 30 muri uyu mwaka w’imikino, azahabwa
miliyoni ebyiri n’ibihumbi 750 by’amapawundi.
Muri
rusange, Manchester United yashyizeho agahimbazamusyi ka miliyoni y’amapawundi
ku mukinnyi uzarusha abandi ibitego imbere mu ikipe. Ronaldo akurikiwe na Bruno
Fernandez ufite ibitego 12.
Gutsinda
ibitego bitatu mu mukino umwe (Hat-trick) byabaye agashya kuri Ronaldo kuko yujuje
Hat-trick ya 60 mu mwuga wo gukina umupira w’amaguru mu makipe yose yanyuzemo n’ikipe
y’igihugu ya Portugal abereye kapiteni.
Gutsinda
Norwich City byongereye amahirwe Manchester United yo gukomeza guhatanira
kuzasoza mu makipe ane ya mbere muri Premier League kugeza ku munsi wa nyuma wa
shampiyona.
Cristiano yegukanye ibihumbi 850 by'ama-pound nyuma yo gutsinda Norwich City ibitego 3
Cristiano ahabwa akayabo k'ibihumbi 100 by'ama-pound kuri buri gitego atsindiye Manchester United
TANGA IGITECYEREZO