RFL
Kigali

#Kwibuka28: Ubuhamya bwa myugariro wa Kiyovu Sport Eric Irambona warokowe no kwihindura umukobwa

Yanditswe na: SAFARI Garcon
Taliki:9/04/2022 11:33
0


Myugariro wa Kiyovu Sports, Irambona Eric Gisa, avuga ko yambitswe ikanzu kugira ngo arokoke Jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 1994 yahitanye Se umubyara na bakuru be ndetse n’inzirakarengane z’Abatutsi barenga miliyoni mu minsi 100 gusa.



Irambona Eric w’imyaka 30 y’amavuko, yavukiye mu Murenge wa Shangi, mu Karere ka Nyamasheke, mu muryango w’abana barindwi akaba ari na we bucura.

Mu buhamya bwe, Irambona yasobanuye uburyo yakijijwe no kuba yarahinduwe umukobwa akambikwa imyenda y’abakobwa bigatuma arokoka Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.

Ati “Jenoside yabaye mfite imyaka 2, nta sura mfite ya Jenoside muri icyo gihe ariko umunsi ku munsi ngenda mbona amafoto nk’uwari uhari, twari abana 7 dusigaye turi abana 4, 3 nibo bapfuye na papa yarapfuye icyo gihe.

Njye banyambitse imyenda y’abakobwa kuko bari bavuze ko bahera ku bahungu bica hanyuma abakobwa bakicwa nyuma. Babonye njye ndi umukobwa, hanyuma ndokoka gutyo.

Abasigaye ni njyewe na mukuru wanjye na bashiki banjye babiri, icyo gihe muri Jenoside bicaga cyane abahungu, abakobwa bo baravuga ngo bazabagereka cyane kuri Habyarimana sinzi ukuntu mbyumva gutyo, abapfuye b’iwacu icyo gihe bari abahungu nanjye nagombaga gupfa kuko nari umuhungu ariko bampinduye umukobwa kuko nari umwana muto bakinyita izina ry’umukobwa bakanyambika n’ikanzu abicanyi baza bakavuga ngo uyu ni umukobwa.

Muri icyo gihe nta muturanyi wabagaho kuko ni we waguhigaga, uko byagenze twarihishe, aho twihishe baravuze ngo kuko abahungu barimo kubica cyane mureke aba ngaba bahungire kuri Kiliziya ya Shangi aho abandi barimo kujya, noneho bakuru banjye baragenda abo ngabo bagiye nibo bapfuye kuko yari nka politiki yo kubakusanyiriza hamwe kugira ngo babice.

Interahamwe zahise zijya aho bagiye, batubwiye ko habaga hari intambara kuko barwanaga n’interahamwe zikaza bakazitera amabuye zigasubirayo kugeza tariki ya 15 Mata 1994 ubwo hazaga igitero kikabica, twe twasigaye twihishe niyo mpamvu twarokotse”.

Jenoside yakorewe Abatutsi ikimara kurangira, bari basigaranye na Mama wabo nubwo bitari byoroshye ariko FARG yarabafashije we n’abavandimwe be babasha kwiga barangiza amashuri yabo. Irambona avuga ko nubwo yakuze agakina umupira ariko kuva kera zitari inzozi ze kuko yari afite inzozi zo kuzaba umusirikare kugira ngo arinde umuryango we ntihazagire umuntu wongera kumukorera ku bagize umuryango we.

Uyu mukinnyi avuga ko kugeza ubu yamaze kwiyubaka ndetse ko umupira w’amaguru akina wamufashije kutigunga kuko yabonye inshuti nyinshi zimuba hafi zigatuma atigunga. Avuga ko sport ari ikintu gikomeye mu buzima bwe. Irambona avuga ko Abanyarwanda bakwiye gukomeza kujya baganira amateka yaranze u Rwanda kugira ngo n’abari bato cyangwa bataravuka, babashe gusobanukirwa neza amateka y’igihugu cyabo.

Irambona Eric avuga ko Abanyarwanda bakwiye kuganira amateka y'igihugu cyabo kugira ngo bafashe abakiri bato





TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND