RFL
Kigali

Umuhanzikazi Kandathe agiye kwishyurira ishuri abakobwa 5 babuze amahirwe yo kwiga umuziki

Yanditswe na: Janvier Iyamuremye
Taliki:6/04/2022 15:47
0


Umuziki ni umwe mu myuga umuntu yakwifuza gukora kandi agahirwa. Kuwukora warawize, biba akarusho. Uretse ko hari abatarakandagiye mu ishuri bahiga benshi bawize.



Uretse kwiga gucuranga ibicurangisho by’umuziki nka piano, gitari n’ibindi, abiga umuziki banigishwa uko babyaza umusaruro impano zabo, uko bishakira amasoko, uko baganira n’abakiriya, uko babwiye kwitwara imbere y’ababahanze amaso n’ibindi.

Banigishwa urunyuranye rw’umuziki bikabafasha kwisanga ku isoko mu buryo bwuzuye. Kimwe mu byo benshi bagiye bagaragaza ni ukuba umuziki wo mu Rwanda utarimo abakobwa benshi, n’ababashije kuwugeramo ntibatinda ahanini bitewe n’ibicantege.

Mu mpera za 2021, umuhanzikazi Immaculate Kandathe [Kandathe] ukorera umuziki muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika yaje mu Rwanda mu biruhuko, aho yasuye umuryango we n’inshuti anahafatira amashusho y’indirimbo ziri kuri album ye nshya.

Uyu mugore akora umuziki w’indirimbo zihimbaza Imana. Ku mutima we, yahoranaga icyifuzo cy’uko umunsi umwe binyuze mu byo Imana yamuhaye azahindura ubuzima bwa bamwe, ariko ntiyari azi uburyo azabikora.

Mu rwego rwo kurushaho kumenya u Rwanda, Kandathe yasuye inzego za Leta harimo n’Inteko y’Umuco bamubwira ko kimwe mu bibazo bihari ari abakobwa babuze ubashyigikira kugera ku nzozi zabo, by’umwihariko abafite impano y’umuziki.

Yabwiye INYARWANDA ko muri we yahise yumva ko igihe kigeze cyo gushyira mu bikorwa umuhigo yahigiye Imana. Ati “Ubundi inzozi zanjye byari ugufasha abana b’abakobwa batishoboye, gusa nari ntaramenya ese nzabafasha mu buhe buryo? Ese ni iki nakora kubwabo?

Ati “Nahise numva y’uko za nzozi zanjye zibaye impamo. Numva ko hari icyo ngomba gukora nkabasha kubafasha [Abakobwa] kugira ngo nabo bazagire icyo bigezaho mu buzima bwabo.”

Umukobwa wiyandikisha asabwa kohereza amashusho y'umunota umwe aririmba indirimbo ashaka anacuranga, agomba kuba atuye muri Kigali ndetse yararangije amashuri yisumbuye. Kwiyandikisha bizarangira tariki 15 Mata 2022.

Kanda hano ubashe kwiyandikisha:

Aba bakobwa bazajya bigira mu ishuri ry’umuziki rya Balymus Music School riherereye muri Kigali. Ritanga amasomo yo kwigisha gucuranga paino, gitari na Solfege.

Umuyobozi w’iri shuri, Bimenyimana Alphonse yabwiye INYARWANDA ko bishimiye kubona umuterankunga nka Kandathe wiyemeza gushyira itafari ku muziki w’u Rwanda.

Avuga ati “Amasezerano twakoranye na Kandathe agamije guteza imbere muzika y’umwuga mu banyarwandakazi hagamijwe guhanga imirimo mishya mu rubyiruko.”

Yakomeje avuga ko abakobwa bashaka kwiyandikisha bagomba kuba bujuje ibisabwa. Akomeza ati “Icyo tubasaba ni ukuba bujuje ibisabwa twabishyize muri ‘Link’ bakoresha biyandikisha kuko tuzareba niba babyujuje.”

Muri muzika, Kandathe aherutse gutangaza ko agiye gushyira hanze album ye ya mbere.

Ni nyuma y’imyaka ibiri ari mu rugendo rw’umuziki nk’umuhanzi wigenga. Iyi album ye izaba iriho indirimbo esheshatu yafatiye amashusho ubwo aheruka mu Rwanda mu mpera za 2021.

Avuga ko yatangiye urugendo rwo gusohora indirimbo zigize iyi album, ahereye kuri ‘Ndu ubuzima’ ndetse na ‘Ni umwami’ aherutse gushyira hanze. 

Kandathe yagiranye amasezerano n’ishuri Balymus Music yo kwishyurira amafaranga y’ishuri abakobwa batanu babuze ubushobozi 

Abanyeshuri bazigishwa amasomo arimo gucuranga Piano, gitari n’abandi azabafasha gukora umuziki mu buryo bw’umwuga 

Alphonse yavuze ko biyemeje guteza imbere muzika y’umwuga mu banyarwandakazi hagamijwe guhanga imirimo mishya mu rubyiruko 

Mu 2021, iri shuri ryatanze impamyabumenyi za mbere ku banyeshuri basoje amasomo yabo

KANDA HANO UREBE AMASHUSHO Y’INDIRIMBO ‘NI UMWAMI’ YA KANDATHE

">






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND