RFL
Kigali

MU MAFOTO: Uko ibirori by’agatangaza byo kwitegura umwana wa Meddy byagenze

Yanditswe na: Abitije Seraphin Elise
Taliki:1/04/2022 7:57
3


Abakunzi b’umuziki nyarwanda n'umuryango wa Meddy bakomeje gusangizwa ibihe binyuranye byaranze ibihe byo kuvuka k’umwana we.



Kuwa 23 Werurwe 2022, nibwo Meddy yashyize hanze ubutumwa bw’ifoto bugaragaza umugore we akuriwe.

Nyuma y’amasaha macye yatangiye gushimwa n’abantu banyuranye barimo inshuti ze za hafi n’abavandimwe, mu butumwa bugaragaza ko we n’umugore we Mimi bamaze kwibaruka.

Kuva icyo gihe kandi yatangiye kugenda umunsi ku wundi asangiza abamukurikira, ibihe binyuranye byaranze gutwita k’umugore we.

Mimi nawe yafashe umwanya amushima uko yamubaye hafi akamukundwakaza, byatumye urugendo rw’amezi icyenda atwite rworoha.

Kuri ubu babinyujije n’ubundi kuri Instagram y’abafana kandi inanyuzwa amakuru ya buri munsi ya Meddy n’umuryango we, basangije ababakurikira ibihe byaranze ibirori byo kwitegura umwana wabo, bizwi nka ‘Baby Shower’.

Ni ibirori bigaragara ko byitabiriwe n’inshuti n’abavandimwe ba Mimi, ubona ko byari biteguritse.

Meddy na Mimi bakaba bibarutse nyuma y’amezi agera ku 10 bakoze ubukwe, bwitabiriwe n’ibyamamare binyuranye bwabaye kuwa 22 Gicurasi 2021.

Mimi yari yuje akanyamuneza

Inseko yari yose ku bitabiriye ibi birori

Inshuti n'abavandimwe bari baje gushyigikira Mimi

Meddy na Mimi bibarutse umwana w'umukobwa

Ni bacye babasha gutegura ibirori nk’ibi

Mimi aherutse kuvuga ko yatwise umwana we amezi icyenda ariko iteka azamuhora ku mutima

Mimi na Meddy bahujwe n’ifatwa ry'amashusho y'indirimbo 'Ntawamusimbura'

Bari mu byamamare bikurikirwa cyane mu Rwanda ndetse n’abanyarwanda bo hanze y’u Rwanda








TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • Marie Belyse2 years ago
    Imana ikomeze ibahe umugisha mwe n'ikibondo cyanyu much love.
  • Ishimwe ezira2 years ago
    Peace of God be upon you.much love
  • chantaliradukunda87@gmail.com2 years ago
    Oh byiza cyane nimwonkwe disi Imana izabahe nabandi murakoze





Inyarwanda BACKGROUND