Kacyiru: Mani Martin na Kaya Byinshi basoje bagisabwa gukomeza kuririmba-AMAFOTO+VIDEO

Imyidagaduro - 01/04/2022 8:30 AM
Share:
Kacyiru: Mani Martin na Kaya Byinshi basoje bagisabwa gukomeza kuririmba-AMAFOTO+VIDEO

Mani Martin uri mu bahanzi bamaze igihe mu muziki nyarwanda kandi bagira ibihangano n’ijwi bikundwa afatanyije na Kaya Byinshi uherutse guhatanira igihembo cya Prix Découverte, basusurukije abitabiriye igitaramo cya Live cyabereye kuri L’Espace Kacyiru.

Ku isaha ya 19:33, nibwo Kaya Byinshi yagiye ku rubyiniro ari kumwe n’abamufasha gucuranga Guitar n’Ingoma  atangira ashima abitabiriye, ati:"Ngiye kubana namwe mu minota micye mfatanyije n’abacuranzi." Akomeza aririmba indirimbo zinyuranye zirimo Mana y’i Rwanda, Bwira maze ku isaha ya saa 20:00 ahamagara ku rubyiniro Mani Martin ati:"Umuhanzi ugiye gukurikiraho ni Mani Martin nishimiye kandi gusangira urubyiniro nawe."

Ku isaha ya saa 20:21 nibwo Mani Martin yari ageze ku rubyiniro mu ndirimbo ye ‘Akagezi ka Mushoroza’ afite umucuranzi wa Guitar akomeza mu ndirimbo ye ‘Baba ni Nani’, ageze aho afata umwanya aganiriza abitabiye iki gitaramo agira ati:"Ndishimye cyane, kuba hano bifite ikintu gikomeye bivuze. Hari hashize igihe bidakunda uretse kuri televiziyo ariko isi yongeye gufunguka, guhura namwe ni iby’agaciro kuko burya ntitwaba abahanzi tudafite abo turirimbira."

Noneho aririmba indirimbo ‘My Destiny’ ubwo yarimo ayisoza ‘Bill Ruzima’ amusanga ku rubyiniro akikimba bya Kinyarwanda akaraga umubyimba byo hejuru. Mani Martin kandi yaririmbye indirimbo irimo amagambo akangurira abantu kubwira abandi ko babakunda bakibafite. Ni indirimbo yasobanuye ko ishingiye ku nkuru mpamo ye.

Mani Martin yagize ati:"Ndashaka gusangira namwe inkuru y’iyi ndirimbo, mu myaka ishize nabuze inshuti yanjye magara. Nyuma y’iminsi micye naje kwandika iyi ndirimbo, ngo mbwire abantu ko ari ngombwa kubwira abantu ko tubakunda mbere y’uko tubabura cyangwa tukibafite."

Mani Martin kandi yanaririmbye indirimbo z’abandi bahanzi, ibintu yahamije ko impamvu yo kuririmba indirimbo z’abandi ari uko kuva afite imyaka 6 abumva kuri radiyo aribo batumye atangira gukunda umuziki, kuririmba no kwandika.

Yafatanije kandi n’abahanzi barimo Kaya Byinshi kuririmba indirimbo zirimo ‘Nzovu’ na Malaika ya Miriam Makeba, yaje kandi no kuririmbana na Bill Ruzima banafitanye indirimbo izasohoka kuri Album ya Mani Martin ya gatandatu arimo gutunganya.

Mani Martin yavuye ku rubyiniro agisabwa n’abitabiriye iki gitaramo kubongeza iminota. Bari biganjemo ibyamamare mu  mideli nka Moses nyiri Moshion kimwe n’abazungu benshi wabonaga ko bizihiwe cyane, indirimbo yasusurukije abantu cyane ikaba ari ‘Mfite Urukumbuzi’ Mani Martin yavuze ko yashyize hanze mu mwaka wa 2006, ikaba ari nayo yamugize uwo ariwe.

Mani Martin yanyuze abitabiriye igitaramo cyabereye L'Espace

Kaya Byinshi na Martin bafatanyije kuririmba indirimbo zirimo 'Malaika'

Moses nyiri inzu y'imideli ya Moshion, Bill Ruzima n'abandi bari buzuye akanyamuneza ku maso

Abitabiriye bafatanyaga n'abahanzi kuririmba indirimbo hafi ya zose bakajya bananyuzamo bagakoma mu mashyi

Abazungu nabo bari babukereye ku bwinshi

Kaya Byinshi yari afite abacuranzi babiri

Abitabiriye banyuzagamo bagacinya akadiho

Mani Martin yafatanije na Bill Ruzima yise umuhungu we kuririmba indirimbo nziza y'urukundo

KANDA HANO WUMVE UNAREBE UKO 'KAYA BYINSHI' YITWAYE KU RUBYINIRO

">

KANDA HANO WUMVE UNAREBE UKO 'MANI MARTIN' YANYUZE ABITABIYE IGITARAMO CYE NA KAYA BYINSHI

">



Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...