RFL
Kigali

#MisterRwanda2022: Abasore 5 barimo uwatsindiwe i Musanze babonye itike yo guhagararira Intara y'Amajyepfo-AMAFOTO

Yanditswe na: Janvier Iyamuremye
Taliki:28/03/2022 18:58
0


Abasore 5 nibo babashije gutsindira itije yo guhagararira Intara y’Amajyepfo mu irushanwa rya Mister Rwanda riri kuba ku nshuro ya mbere.



Kuri uyu wa Mbere tariki 28 Werurwe 2022, amajonjora rya Mister Rwanda 2022 yakomereje mu Ntara y’Amajyepfo mu Karere ka Huye, aho abasore 40 ari bo biyandikishije guhagararira iyi Ntara ariko 9 nibo bari bujuje ibisabwa.

Abasore banyuze imbere y’Akanama Nkemurampaka ni 9 barimo Cyuzuzo Pacifique [Nimero 8], Hakizumwami Jean Felix [Nimero 9], Nshuti Jonathan [Nimero 11], Kayiranga Patrick [Nimero 13], Rukundo Derrick [Nimero 14], Ndanezewe Elysee [Nimero 19], Hakizamungu Jules [Nimero 21], Ntirushwa Eric [Nimero 23] ndetse na Rwagasore Cedrick [Nimero 24].

Nyuma yo guteranya amanota, Akanama Nkemurampaka kemeje ko abasore 5 ari bo batsinze. Sunday Justin ukuriye Akanama yavuze ko bahisemo abasore bahagarariye Intara y'Amajyepfo bashingiye ku ishyaka babonanye buri umwe, uburyo buri umwe yasobanuyemo ibitekerezo bye ndetse n'uburyo yumva umuco.

Bityo abasore bakomeje ni Ntirushwa Eric [Nimero 23]; Nshuti Jonathan [Nimero 11], Rwagasore Eric [Nimero 24], Kayiranga Patrick [Nimero 13] ndetse na Rukundo Derrick [Nimero 14].

Intara y'Amajyepfo igizwe n'Uturere 8 ndetse n'imirenge 101, icyicaro cy'intara giherereye mu karere ka Nyanza, umurenge wa Busasamana, akagari ka Nyanza.

Amajonjora akomereje mu Ntara y’Amajyepfo mu Karere ka Huye nyuma y’uko iri rushanwa ryabanjirije mu Ntara y’Iburasirazuba aho habonetse abasore batanu baserukiye iyi Ntara.

Iri rushanwa ryakomereje mu Karere ka Musanze, aho habereye amajonjora y’Intara y’Uburengerazuba ihagarariwe n’abasore umunani ndetse n’Intara y’Amajyaruguru ihagarariwe n’abasore barindwi.

Nyuma yo kuva mu Ntara y’Amajyepfo, iri rushanwa rizakomereza mu Mujyi wa Kigali, kuri uyu wa Gatatu tariki 30 Werurwe 2022.

Akanama Nkemurampaka kari kwifashishwa mu majonjora kagizwe na Sunday Justin [Ni we ukuriye akanama] umuyobozi wa Sunday Entertainment, umunyamakuru wa Royal Fm, Aissa Cyiza ndetse na Sebudwege Chear usanzwe ari Visi-Perezida wa kompanyi Imanzi Ltd.

Uko abasore bahataniye guserukira Intara y'Amajyepfo muri Mister Rwanda 2022

1.Cyuzuzo Pacific [Nimero 8]

Uyu musore yize ibijyanye n’ikoranabuhanga. Yavuze ko yitabiriye Mister Rwanda kubera umushinga afite wo guteza imbere abana batabona amahirwe yo kumenya ‘umuco wacu’. 

Yavuze ko ashaka kuzashyiraho imurikabikorwa ryafasha buri wese ushaka kumenya byinshi ku muco, kandi bigafasha n’abanyabugeni.

Yabajijwe uko abona uburezi bw’umwana w’umukobwa muri iki gihe, avuga ko kuri we abona Leta ikora uko ishoboye ikabafasha kwitinyuka kandi igashyiraho amahirwe atuma babasha kwisanga mu mashuri nk’abahungu.

2.Hakizimani Jean Felix [Nimero 9]

Uyu musore wambaye nimero 9 yabajijwe inzego z’umutekano yaba azi, avugamo Ingabo na Police, hanyuma agenda avuga zimwe mu nshingano zazo.

Yavuze ko yitabiriye Mister Rwanda kuko ashaka ko bamufasha gushyira mu bikorwa umushinga we wo gukangurira urubyiruko kwihangira imirimo binyuze mu buhinzi n’ubworozi.

3.Nshuti Jonathan [Nimero 11]

Ni ku nshuro ya kabiri uyu musore ahatanye muri Mister Rwanda 2022. Yari yiyamamarije mu Karere ka Musanze ariko aratsindwa. Yavuze ko yatsinzwe kubera ko ‘nari mfite ubwoba’.

Yabajijwe igisobanuro atanga ku ijambo ‘intwari’, avuga ko ari umuntu wakoze ibintu bigirira akamaro igihugu. Kandi ko intwari azi ari Gisa Fred.

4.Kayiranga Patrick [Nimero 13]

Yavuze ko yasoje amashuri yisumbuye mu 2021, avuga ko nta kazi afite. Yabajijwe icyo yumva iyo bavuze gukunda igihugu. Avuga ko kuri we bisobanuye kwitangira igihugu, kandi ukagira indangagaciro ziranga ‘iyo sosiyete urimo’.

Aissa Cyiza yamubwiye ko asa neza ‘mu mwambaro w’umukara yari yambaye’. Uyu musore yabajijwe ku buringanire, avuga ko kuri we ihame ry’uburinganire ryumvikanye, kuko muri nguni zose z’ubuzima hagaragaramo abakobwa.

Uyu musore yavuze ko yiyandikishije muri Mister Rwanda, kubera ko afite umushinga wo guteza imbere abamurika imideli.

5.Rukundo Derrick [Nimero 14]

Uyu musore yabajijwe igisobanuro cya Mister Rwanda, abazwa igisobanuro atanga iyo bavuze ngo umusore ni ‘mwiza’. 

Yavuze ko kuri we umusore mwiza amurebera mu bikorwa by’ingirakamaro ku bandi, ubuzima abamo bufasha abandi n’abandi.

Yanabajijwe kuri raporo ivuga ko abanyarwanda batishimye, agaragaza ko hari byinshi umuntu yashingiraho bigaragaza ko atari ukuri.

6.Ndanezewe Elysee [Nimero 19]

Uyu musore yavuze ko asanzwe abarizwa mu Karere ka Huye kubera ko ari ho yiga muri Kaminuza y’u Rwanda ishami rya Huye.

Yabajijwe kuri gahunda ya 'Ndi Umunyarwanda', avuga ko ari ‘gahunda igamije guhuriza hamwe abanyarwanda bakunga ubumwe, bakirinda amacakubiri.

Yiga ubutabire mu buvuzi. Ndanezewe yavuze ko afite umushinga wo gukora amasabuni ahendutse ku buryo benshi azabafasha. Avuga ko yanyuze muri Mister Rwanda kugira ngo bamufashe kuwushyira mu bikorwa.

7.Hakizamungu Jules [Nimero 21]

Uyu musore yavuze ko yiga mu mwaka wa kabiri muri IPRC Huye. Abazwa ibikubiye mu muco w’u Rwanda, avuga mo gusabana.

Yavuze ko afite umushinga wo guteza imbere umwana wo mu cyaro by’umwihariko umuhungu. Hakizamungu yavuze ko avuka mu Karere ka Nyarugenge mu Mujyi wa Kigali.

Abajijwe ku ihame ry’uburinganire, yavuze ko ari ukuzuzanya hagati y’abagabo n’abagore.

8.Ntirushwa Eric [Nimero 23]

Yabajijwe icyo yumva iyo bavuze ngo ubutwari buraharanirwa, avuga ko ari ugukora uko ushoboye ukitanga kandi ukitangira abandi. Avuga ko urubyiruko ari imbaraga z’igihugu, bityo ko ari bo nyambere mu gutera intambwe ya mbere yo kwiyubaka.

Ntirushwa yabajijwe ku buringanire, avuga ko kuri we ihame ry’uburinganire ‘riri ku kigero gishimishije’ bitewe n’uburyo ababyeyi baryumvise banabishyira mu bikorwa.

Yavuze ko umushinga we ari ‘Menya u Rwanda’, abazwa ibintu bitatu nyaburanga mu Rwanda n’ibirango bitatu by’u Rwanda.

9.Rwagasore Cedrick [Nimero 24]

Yabajijwe umuntu afatiraho urugero mu buzima bwe, avuga ko atamuvuga izina ariko uwo muntu ari ufite ibikorwa byo gufasha, akiteza imbere akibuka na bagenzi be.

Aissa Cyiza yamubajije imyitwarire y’abanyeshuri mu bigo by’amashuri, avuga ko imyitwarire y’abanyeshuri muri iki gihe igoye, cyane cyane abahungu. We avuga ko byatewe ahanini no kuba ibihano byaragabanyijwe. 



Ifoto y'abasore 5 babonye itike yo guhagararira Intara y'Amajyepfo 

AMAFOTO Y'ABASORE 5 BATSINDIYE GUHAGARARIRA AMAJYEPFO


Nshuti Jonathan [Nimero 11]

Kayiranga Patrick [Nimero 13]

Ntirushwa Eric [Nimero 23]


Rukundo Patrick [Nimero 14]


Rwagasore Cedrick [Nimero 24]

AMAFOTO Y’ABASORE 9 BANYUZE IMBERE Y’AKANAMA NKEMURAMPAKA


1.Cyuzuzo Pacifique [Nimero 8]


2.Hakizumwami Jean Felix [Nimero 9]


3.Nshuti Jonathan [Nimero 11]


4.Kayiranga Patrick [Nimero 13]



5.Rukundo Derrick [Nimero 14]



6.Ndanezewe Elysee [Nimero 19]



7.Hakizamungu Jules [Nimero 21]



8.Ntirushwa Eric [Nimero 23]


9.Rwagasore Cedrick [Nimero 24]- Uyu musore asanzwe akora mu kigo cy’amashuri aho ashinzwe imyitwarire    



Amajonjora ya Mr Rwanda yakomereje mu Ntara y'Amajyepfo, ifatwa nk'igicumbi cy'umuco 

Umusore wiyandikishije asabwa kugaragaza ibyangombwa birimo ikigaragaza ko atafunzwe; icy'uko yikingije Covid-19 n'ibindi

Ikipe ishinzwe kureba niba umusore yujuje ibisabwa, ubundi bakamwandika 

Rwagasore Cedrick yerekanaga ibimuranga mbere y'uko anyura imbere y'Akanama Nkemurampaka 


Umuhire Rebecca wa Royal Fm ni we uyobora ibiganiro by'amajonjora ya Mister Rwanda


Abasore 9 nibo bujuje ibisabwa muri 40 biyandikishije mu Majyepfo

Amajonjora yo mu Karere ka Huye yabereye kuri Galileo Hotel hafi n'ikibuga cy'indege cya Huye 


Uhereye ibumoso: Sebudwege Chear, Sunday Justin na Aissa Cyiza 

Sunday Justin ukuriye Akanama Nkemurampaka yibanze ku bibazo bigaruka ku buzima bw'uhatanye, impamvu yo kwitabira Mr Rwanda n'ibindi 

Sebudwege Chear yabajije ibibazo byibanze k'u Rwanda birimo nk'igisobanuro cy'ubutwari, ibirango by'u Rwanda n'ibindi 

Aissa Cyiza yabajije ibibazo byibanze ku ihame ry'uburinganire, imyitwarire y'abanyeshuri ku mashuri n'ibindi 






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND