RFL
Kigali

Perezida Zelensky wa Ukraine yivovoteye NATO n'ibihugu bitamuha imbunda ziremereye

Yanditswe na: Ngabo Mihigo Frank
Taliki:27/03/2022 15:01
0


Perezida wa Ukraine, Volodymyr Zelensky yashishikarije leta z'ibihugu byo mu Burayi na America guha igihugu cye indege z'intambara, ibifaru, n'ubwirinzi bw'ibisasu bya misile mu rwego rwo gukomeza guhangana n'u Burusiya.



Uyu muyobozi utorohewe n'ibitero by'Abarusiya, yumvikanye yivovotera umuryango utabarana wa NATO ndetse n'ibihugu bitamuha intwaro byihuse.

Mu butumwa bwatambukijwe kuri Video mu ijoro ryo ku wa gatandatu, yavuze ko intwaro zakagombye kurinda umutekano wa Ukraine n'ubwisanzure bw'u Burayi ziri gutorera uruhumbu mu bubiko bwazo.

Bwana Zelensky yinubiye kuba indege z'intambara z'u Burusiya zidashobora guhanurwa n'imbunda zo mu bwoko bwa 'machine guns' kandi ari zo Ukraine ifite.

Yongeyeho ati "NATO iri gukora iki? Iri kuyoborwa n'u Burusiya? Bategereje iki? Turimo gusaba gusa 1% by'ibyo NATO ifite, nta kindi".

Minisitiri w'intebe wa Slovakia, Eduard Heger we yabwiye BBC ko igihugu cye gifite ubushake bwo guha Ukraine ubwirinzi bwacyo bw'ibisasu bya misile bwa S-300, mu gihe Slovakia yaba ihawe ingurane runaka.

Intambara y'u Burusiya na Ukraine imaze iminsi 32, aho ababarirwa mu bihumbi barimo abasirikare n'abasivile bamaze kuhasiga ubuzima, abandi bagahungira mu bihugu bitandukanye.






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND