MrRwanda2022: Hatangajwe abagize Akanama kazifashishwa mu majonjora-AMAFOTO+VIDEO

Imyidagaduro - 25/03/2022 3:38 PM
Share:

Umwanditsi:

MrRwanda2022: Hatangajwe abagize Akanama kazifashishwa mu majonjora-AMAFOTO+VIDEO

Kuri uyu wa Gatanu tariki 25 Werurwe 2022, irushanwa rya Mr Rwanda 2022 ryatangiriye mu Karere ka Rwamagana mu Intara y’Iburasirazuba, aho hiyandikishije abasore 67 bo mu turere dutandukanye tugize iyi Ntara.

Igikorwa cyo guhitamo aba basore cyabereye kuri Dereva Hotel yo muri Rwamagana. Akarere ka Rwamagana kashyizweho n’itegeko muri Mutarama 2006, ni kamwe mu Turere 7 tugize Intara y’Iburasirazuba, akaba ari nako karimo icyicaro cy’Intara.

Ku wa 27 Werurwe 2022 amajonjora azakomereza mu Karere ka Rubavu mu Burengerazuba, ku wa 29 Werurwe 2022 amajonjora azabera mu Karere ka Huye mu Ntara y'Amajyepfo, amajonjora azarangirira mu Mujyi wa Kigali ku wa 30 Werurwe 2022.

Akanama Nkemurampaka kazifashishwa mu rugendo rw’amajonjora kagizwe na Aissa Cyiza, Sunday Justin ndetse na Sebudwege Chear.

Aissa Cyiza:

Ni umunyamakuru wa Royal Fm umaze imyaka icyenda muri uyu mwuga, akora ibiganiro bitandukanye kuri Radio, Televiziyo n’ahandi. Mu rugendo rwe, yakoze inkuru ku bucuruzi, imikino, imyidagaduro, politiki n’ibindi.

Muri iki gihe ni umunyamakuru wa Royal Fm, akora kuri Televiziyo y’u Rwanda ikiganiro ‘Ishya’ ndetse avuga amakuru kuri Isango Star.

Afite ubumenyi mu gukoresha imbuga nkoranyambaga, kuyobora ibirori, ibiganiro mpaka n’ibindi.

Aissa afite impamyabumenyi y’icyiciro cya kabiri cya Kaminuza mu bubanyi n’amahanga, yize imyaka ibiri itangazamakuru.

Sunday Justin

Ni we washinze akaba n’Umuyobozi Mukuru w’inzu y’umuziki ifasha abahanzi ya Sunday Entertainment, ikorana n’abahanzi barimo Zawadi Mwiza.

Sunday afite ubuhanga mu gahanga imideli, ndetse ni umwe mu bavuga rikijyana ku mbuga nkoranyambaga. Aherutse kwegukana igihembo cya Rwanda Diaspora Social Media Influencer 2020-2021.

Yagiye agaragaza mu bikorwa by’imyidagaduro bitandukanye. Mu 2019, ni umwe mu bari bagize Akanama Nkemurampaka kemeje Umunyana Shanitah wabaye Miss Supranational 2019 [Aherutse kwegukana ikamba rya Miss East Africa 2022].

Uyu mugabo, ni umwe mu bateye inkunga irushanwa rya Miss Rwanda mu 2019. Yizerera mu marushanwa y’ubwiza, kuko afasha benshi kurotora inzozi zabo.

Uyu mugabo umaze imyaka ibiri abarizwa muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, yavukiye mu Majyepfo y’u Rwanda.

Sebudwege Chear:

Ni Visi Perezida wa kompanyi Imanzi Ltd iri gutegura irushanwa rya Mr Rwanda ku nshuro ya mbere. Ryaherereye mu Karere ka Rwamagana mu Ntara y’Iburasirazuba.

Uyu musore w’imyaka 26 y’amavuko, ni umusesenguzi mu bijyanye na politiki, agaharanira uburenganzira bwa muntu ndetse akora ibikorwa by’urukundo.

Muri iki gihe, ari kwiga icyiciro cya Gatatu cya Kaminuza [Master’s] mu bijyanye n’Ububanyi n’Amahanga na Dipolomasi. 

Aissa Cyiza ari kumwe na Sunday Justin 

Aissa Cyiza amaze imyaka 9 ari mu itangazamakuru " Muri iki gihe akora kuri Royal FM 

Sebudwege Chear asanzwe ari Visi-Perezida wa Imanzi Ltd itegura Mr Rwanda

Abasore 67 nibo biyandikishije mu Burasirazuba, ariko 12 nibo bamaze kuhagera 

Buri musore agaragaza icyemezo cy’uko atafunzwe, niba yaripimishije Covid-19 n’ibindi 

Amajonjora ya Mr Rwanda yatangiriye mu Karere ka Rwamagana azakomereza i Musanze

KANDA HANO: TWAGANIRIYE NA BAMWE MU BASORE BAHATANIYE IKAMBA

">


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...