Ishyirahamwe ry'umukino wa Volleyball mu Rwanda (FRVB) ryaciwe amande ya Miliyoni 120 Frw kubera gukinisha abakinnyi bakomoka muri Brazil mu mikino y'igikombe cya Afurika cy'abagore.
Umwaka
ushize u Rwanda rwakiriye igikombe cya Afurika cy'abagore mu mukino w'intoki wa
Volleyball ariko ntirwabasha gusoza iyo mikino kubera kurenga ku mategeko
agenga iri rushanwa byanatumye iri shyirahamwe birangira rihagaritswe. FRVB kuva
ubwo yaheze mu cyeragati idafite ayo icira n'ayo imira, ndetse itemerewe
gutegura irushanwa na rimwe.
Kuri
ubu rero ishyirahamwe ry'umukino wa Volleyball ku Isi (FIVB) ryamaze gutangaza
ko ishyirahamwe ry'umukino wa Volleyball mu Rwanda (FRVB) rigomba kwishyura amafaranga
angana na Miliyoni 120 Frw nk'amandetse yo gukinisha abakinnyi badafite ibyangombwa
biswe abanyarwanda.
Mu
bakinnyi bagaragaye ko batari bujuje ibyangombwa barimo: Aline Siqueira,
Apolinario Caroline Taiana, Mariana Da Silva na Moreira Bianca Gomes bose
bakomokaga muri Brazil.
U Rwanda rurasabwa kwishyura Miliyoni 120 Frw ngo rwongere gukomorerwa
Nyuma
y'iki kibazo imbere mu gihugu hatangiye gukurikiranwa abagize uruhare mu makosa
yatumye u Rwanda rusezererwa mu irushanwa, byatumye tariki 13 Ukwakira 2021
Urukiko rukuru rwa Gasabo rukatira Visi Perezida wa Kabiri ushinzwe Amarushanwa
mu Ishyirahamwe Nyarwanda ry’Umukino wa Volleyball (FRVB), Bagirishya Jean de
Dieu uzwi nka ‘Jado Castar’ igifungo cy’imyaka ibiri, gusa iki gihano cyaje
kugabanywa mu bujurire, kigirwa amezi umunani.
Abakinnyi bakomoka muri Brazil babaye intandaro yo gusezererwa k'u Rwanda
TANGA IGITECYEREZO