Umubyeyi wa Niyo Bosco yavuze akari ku mutima, ashima M. Irene wamuritse impano y’umuhungu we wegukanye igihembo

Imyidagaduro - 14/03/2022 9:33 AM
Share:

Umwanditsi:

Umubyeyi wa Niyo Bosco yavuze akari ku mutima, ashima M. Irene wamuritse impano y’umuhungu we wegukanye igihembo

Umubyeyi w’umuhanzi akaba n’umwanditsi w’indirimbo Niyo Bosco, yatangaje ko umutima we wuzuye umunezero nyuma y’uko umuhungu we yegukanye igihembo cya mbere mu rugendo rw’umuziki we amazemo imyaka ibiri n’igice.

Niyo Bosco ari mu bantu 14 begukanye ibihembo ‘The Choice Awards 2021’ mu birori bikomeye byabereye muri Onomo Hotel mu Ijoro ryo kuri iki Cyumweru tariki 13 Werurwe 2022.

Uyu muhanzi watangiye umuziki mu ntangiriro za 2020, yegukanye igihembo cy’umuhanzi w’umwaka wa 2021 [The Choice Best Male Artist of the year]. Ni cyo gihembo cya mbere uyu muhanzi yakiriye, nyamara yagiye agaragara ku rutonde rw’ababaga bahataniye ibyatanzwe kuva mu myaka ibiri ishize.

Niyo Bosco aherutse gusohora EP yise ‘6 Weeks of Niyo’ ndetse azwi mu ndirimbo zirimo ‘Ubigenza ute’, ‘Piyapuresha’, ‘Ibanga’, ‘Seka’ n’izindi.

Nyuma y’uko yegukanye iki gihembo, Bosco yavuze ko ashima ‘abantu bose babigizemo uruhare kugira ngo ibi tubyegukane’. Avuga ko ari intambwe ikomeye ateye mu muziki we.

Yavuze ko yegukanye iki gihembo nyuma y’igihe kitari gito amaze mu muziki anashyirwa ku ntonde z’abahataniye ibihembo byagiye bitangwa n’abantu banyuranye, ariko ntabyegukane. Ati “Ibi ni byo mpa agaciro."

Uyu muhanzi yavuze ko kubera ko iki gihembo yagihaye agaciro mu buzima bwe, yahisemo gutumira ababyeyi be. Ati “Nahisemo gutumira umuryango wanjye kugira ngo izi mbaraga cyangwa se iri shyaka ntewe ntirizapfe ubusa."

Niyo Bosco yashimye kandi M. Irene batangiranye urugendo kugeza n’uyu munsi ‘n’abandi baje bashamikiyeho by’umwihariko umuryango wanjye’.

Yavuze ko yumvaga iki gihembo yagiharira abo bari bahatanye, ariko kandi ngo yumvaga yifitiye icyizere cyo kwitwara neza.

Ahawe ijambo, Se wa Niyo Bosco yavuze ko umunezero watashye mu mutima we nyuma y’uko umwana we yegukanye igihembo. Ati “Ndishimye, ndetse byandenze."

Uyu mubyeyi yavuze ko akimara gutumirwa muri ibi birori, yiteguye kare agera aho byabereye hakiri kare kugira ngo akurikirane neza imigendekere yacyo.

Yavuze ko babanje kumwicaza inyuma, ariko baza kumwegereza umwana we. Ati “Nishimye. Nakomeje gutegereza mvuga nti ese ikirori yantumiyemo ni ikihe? Ariko numvise mumpahamagaye ndavuga nti za nzozi zigiye zashyika kabisa, amen amen."

Yashimye abateguye ibi bihembo, ashima Imana gushoboza Niyo Bosco kurotora inzozi yagiye agira kuva akiri muto ‘zikaba zigenda zishyika. Ati “Iryo ni ishimwe rikomeye.’

Uyu mubyeyi yashimye kandi umunyamakuru wa Isibo Tv, M. Irene watumye impano ya Niyo Bosco igaragarira buri wese, avuga ko amushimye mu ruhame n’imbere y’Imana.

Ati “Nongeye gushima uwamukuye aho tuba hariya akaba amugejeje kuri uru rwego Irene Murindahabi ndamushimiye n’Imana yumve ko mushimiye hagati mu mbaga ingana gutya. Ndishimye kandi ndanezerewe."

Yabwiye Niyo Bosco gukomeza aho ageze mu muziki we, avuga ko azakomeza kumushyigikira. Ati “Ubundi akomereza aho ngaho, ntacike intege ntaho nagiye, ndacyahari, n’abagushyigikira bose, abafana bose mbasabiye umugisha ku Mana murakoze." 

Soma: Hatangajwe abegukanye ibihembo 'The Choice Awards 2021'


Niyo Bosco yavuze ko iki gihembo yagihaye agaciro gakomeye mu buzima bwe, ariyo mpamvu yatumiye ababyeyi be kugira ngo bamufashe kucyakira 

Ababyeyi ba Niyo Bosco bavuze ko batewe ishema n’umuhungu wabo 

Se wa Niyo Bosco yashimye mu ruhame umunyamakuru M. Irene wamuritse impano y’umuhungu we


Umuyobozi Ushinzwe ibijyanye n'Ubuterankunga muri Bralirwa, Patrick Samputu ni we washyikirije Niyo Bosco iki gihembo 


Umunyamukuru M. Irene binyuze muri MIE yamuritse impano z'abahanzi Niyo Bosco na Vestine na Dorcas 

Niyo Bosco aherekejwe n’abarimo Chris Eazy, Hussein n’abandi bakiriye igihembo cy’itsinda Vestine na Dorcas

AMAFOTO: Ihorindeba Lewis-INYARWANDA.COM


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...