RFL
Kigali

Ihere ijisho uko ba Nyampinga banyuze ku itapi itukura mu musangiro waranzwe n’imyambarire yihariye-AMAFOTO

Yanditswe na: Janvier Iyamuremye
Taliki:13/03/2022 16:16
1


Abakobwa 19 bahatanira kuvamo Nyampinga w’u Rwanda 2022, bakoze ibirori byihariye byaranzwe n’umusangiro no gutambuka ku itapi itukura. Buri umwe mu mwenda wihariye yari yateganyirije uyu munsi ukomeye, muri iri rushanwa riri kuba ku nshuro ya 12.



Mu ijoro ryo ku wa Gatanu tariki 11 Werurwe 2022, nibwo aba bakobwa bakoze ibirori by’umusangiro byabereye muri La Palisse Hotel Nyamata, aho bari gukorera umwiherero w’ibyumweru bitatu uzasozwa tariki 20 Werurwe 2022.

Ni ibirori bakoze mu gihe ku wa Gatandatu tariki 19 Werurwe 2022, ari bwo hazamenyekana umukobwa wegukanye ikamba rya Miss Rwanda 2022. 

Amatike yo kwinjira muri ibirori yashyizwe ahagaragara, aho kwinjira ari 30,000 Frw muri VVIP, 20, 000 Frw muri VIP na 10,000 Frw mu myanya isanzwe. Kanda hano ubashe kugura itike.

Ibi birori ‘Gala Dinner’ byaranzwe n’imyambarire yihariye kuri buri mukobwa. Byaranzwe kandi no kubyina imbyino zitandukanye, kuganira no gusangira amafunguro yihariye. 

INYARWANDA YAKUSANYIJE AMAFOTO YARANZE IBI BIRORI  

Umuhoza Emma Pascaline atambuka ku itapi itukura [Red Carpet] 

Ruzindana Kelia uri imbere mu matora yo kuri internet no kuri SMS, aha yatambukaga kuri Red Carpet 

Saro Amanda, ufite ubuhanga bwihariye mu gucuranga gitari na Piano anyura ku itapi itukura 



Amafoto yihariye yafashwe muri ibi birori


Uwimana Marlene yagaragaje kwizihirwa ubwo yanyuraga ku itapi itukura

 

Mugabekazi Ndahiro Queen yaserutse yambara umwenda w'ibara ry'umukara n'inkweto ndende


Kazeneza Marie Merci ni uko yaserutse mu musangiro wahuje ba Nyampinga 

Buri mukobwa yakoze ku mwambaro wihariye yateguriye uyu musangiro mu gihe bitegura kujya kuri 'final' 

Buri mukobwa yanyuraga ku itapi yizihiwe mu buryo bukomeye, bagenzi be bamukomera amashyi 

Uwimana Jeannette ufite ubumuga bwo kutumva no kutavuga, mu ikanzu nziza ni uko yaserutse 

Nshuti Muheto Divine uhagarariye Uburengerazuba, ni uko yaserutse muri ibi birori byaranzwe no kubyina 

Wari umwanya wo kubwirana inkuru nshya- Umuhoza Emma Pascaline ari kumwe na Ruzindana Kelia 

Buri wese yakoraga uko ashoboye akifotoza mu buryo bwihariye, ifoto isiga urwibutso

 

Umwiherero (Boot Camp) ni kimwe mu bintu byihariye muri Miss Rwanda bisiga urwibutso rudasaza ku bakobwa bahatanye    

Byari byemewe gukuramo inkweto ugacikanya akadiho... Cyangwa wakumva unaniwe ukaba uzikuyemo ariko ukirekura 

Uwimanzi Vanessa uhagarariye Umujyi wa Kigali ni uko yaserutse muri ibi birori

Yanyuze ku itapi itukura anabyina imbyino zigezweho 

Nyuma yo gucinya akadiho no kuganira bafashe amafunguro yihariye





Aba bakobwa bagiye kumara ibyumweru bitatu mu mwiherero biga ibintu bitandukanye






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • Alice2 years ago
    Arko Kayumba darina ko ntamubona neza





Inyarwanda BACKGROUND