Rose Muhando wari utegerejwe yagaragaje imbaraga nyinshi, asoza asabira umugisha abahanzi batandukanye n’abitabiriye igitaramo.
Ku isaha ya saa 21:30, ni bwo Rose Muhando wari utegerejwe na benshi yageze ku rubyiniro abanza kuririmba n’ijwi rye ryiza abantu bose bahise bahaguruka, aho yari agaragiwe n’ababyinnyi be babiri b’abasore.
Yaryohereje abakunzi b’umuziki wo kuramya no guhimbaza Imana mu ndirimbo zirimo ‘Utamu wa Yesu’, ‘Ni bebe’, zose yaririmbye mu buryo bwa ‘Semi Live’ . Yanabaririmbiye mu Kinyarwanda indirimbo ivuga ngo "Iyo Mana dusenga irakomeye, ni Imana itabura guseruka, ni Imana yumva amasengesho, iyo Mana dusenga irakomeye".
Mu gusoza, yatanze ubutumwa ati: “Ejo hazaza
hose hakwiye gushingira ku Mana, hadakwiye gushingira ku bantu kuko ibyo bifuza
atari ko bidahura n’imigirire y’abantu.” Yongera gushimangira ko yishimira kuba
se yaravukiye mu Rwanda.
Rose Muhando yagaragaje
imbaraga zikomeye ku rubyiniro, ku isaha ya saa 22:12 ni bwo yavuye ku rubyiniro.
Rose Muhando yagaragaje umuhate n'ubushobozi bwo hejuru
REBA UKO ROSE MUHANDO YARIRIMBYE MURI IKI GITARAMO
TANGA IGITECYEREZO