Nyuma yo gusezerana imbere y’amategeko mu mwaka ushize, Umunyamakuru Axel Horaho ukora mu kiganiro ‘Urukiko rw’Ubujurire’ kuri Fine FM n’umukunzi we Masera Nicole uba muri Amerika, batangaje ko ubukwe bwabo buzaba tariki ya 11 Kamena 2022.
Nk'uko bigaragara ku rupapuro rw’ubutumire, ubukwe bwa Axel na Masera buteganyijwe tariki ya 11 Kamena 2022.
Ntabwo uyu munyamakuru umaze kubaka izina mu biganiro bya siporo mu Rwanda yigeze atangaza byinshi ku bijyanye n’ahazabera gahunda z’ubukwe bwe kimwe n’ibindi avuga ko bizatangazwa mu minsi iri imbere.
Tariki
ya 18 Werurwe 2021, nibwo Axel na Masera basezeranye imbere y’amategeko,
umuhango wabereye mu murenge wa Ngoma mu karere ka Huye.
Axel
na Masera bagiye kubana akaramata nyuma y’imyaka ibiri n’igice bakundana, aho
uyu mukobwa asanzwe atuye muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika.
Horaho
akora kuri Fine FM nyuma yo kuva kuri Radio10, aho akora mu kiganiro ‘Urukiko
rw’Ubujurire’ aho akorana na Sam Karenzi, Taifa Bruno na Niyibizi.
Horaho
yatangiriye umwuga w’itangazamakuru kuri Radio Salus y’i Huye, ahakora imyaka 4
mbere yo kwerekeza kuri Radio10 mu mujyi wa Kigali.
Urupapuro rw'ubutumire rugaragaza itariki y'ubukwe bwa Axel na Masera
Axel yasezeranye na Masera mu mategeko umwaka ushize
Aba bombi bamaranye imyaka ibiri n'igice bakundana
TANGA IGITECYEREZO