Kuba ibintu bidatanga umusaruro, ni imwe mu mpamvu Banamwana Camarade yatandukanye na Etoile de L'Est yasamuye mu kiciro cya mbere.
Kuri
uyu wa mbere tariki 28, nibwo Banamwana Camarade yatandukanye na Etoile de L'Est
ibarizwa mu Burasirazuba bw'u Rwanda. Hakomeje kwibazwa byinshi ku mpamvu
yatumye uyu mutoza uzwiho kuba umucunguzi w'amakipe ari mu bihe bibi, wari
umaze guhabwa umutoza mukuru yatandukanye na Etoile de l’est.
Mu
kiganiro yagiranye na Inyarwanda, Banamwana Camarade yatangaje ko impamvu
nyamukuru yatumye atandukana n'iyi kipe ari uko yabonaga ibintu byanze. Yagize
ati" njye hari ikintu ndeba, njye nararebye mbona biri kwanga kandi ntabona
aho biri kwangira icyo gihe nta n'igisubizo nari mfite. Iyo urebye ikipe
ukabona mu myitozo biri gukunda ikipe nta kibazo ifite, ariko yagera mu mukino
bikanga, ugomba gukora impinduka."
Camarade
avuga ko ibintu byatangiye kwanga mu mikino yo kwishyura. "Hari impinduka
twakoze kuko twazanye abakinnyi beza b'abanyamahanga, ariko burya ushobora
gutunga ikipe nziza ariko itamenyeranye. Nyuma yo gutsindwa na Etincelles FC, nafashe umwanzuro mbwira umuyobozi w'ikipe ko twasesa amazerano y'amezi 2 yari
asigaye ubundi bikagenda neza.
Etoile
de L'Est iherutse gusinyisha umutoza mukuru Addy Bukaraba ukomoka muri Congo, gusa ntabwo arabasha kugera mu Rwanda. Biteganyijwe ko kuri uyu wa kabiri ku
mugoroba ari burare i Ngoma, bugacya atangira akazi. Etoile de L'Est iri ku
mwanya wa 14 n'amanota 17 mu mikino 19 imaze gukina.
Tariki
24 Kanama umwaka ushize, nibwo Banamwana Camarade yageze muri Etoile de L'Est
aho yari yasinye amasezerano yo kuzamura iyi kipe mu kiciro cya mbere aza no
kubigeraho, byatumye akomezanya nayo.
TANGA IGITECYEREZO