#MissRwanda2022: Abakobwa 20 batangiye umwiherero nyuma yo guhabwa impanuro-AMAFOTO+VIDEO

Imyidagaduro - 28/02/2022 2:56 PM
Share:

Umwanditsi:

#MissRwanda2022: Abakobwa 20 batangiye umwiherero nyuma yo guhabwa impanuro-AMAFOTO+VIDEO

Abakobwa 20 bahataniye ikamba rya Miss Rwanda 2022 batangiye umwiherero uzamara ibyumweru bitatu.

Kuri uyu wa Mbere tariki 28 Gashyantare 2022, mu Intare Conference Arena habereye ikiganiro n’abanyamakuru cyitabiriwe n’abakobwa 20 batangiye umwiherero.

Aba bakobwa bari bambaye amakanzu ahuje ibara, ariko buri wese yasokoje mu buryo butandukanye n’undi, n’inkweto zitandukanye. Iki kiganiro kandi kitabiriwe n’ababyeyi babo.

Iki kiganiro kibaye nyuma y’uko ku wa 26 Gashyantare 2022 kuri Expo Ground habereye umuhango wo guhitamo abakobwa 20 bagomba gutangira umwiherero.

Umuvugizi wa Rwanda Inspiration Back Up itegura Miss Rwanda, Miss Nimwiza Meghan yashimye abakobwa 20 babashije kugera muri iki cyiciro. Avuga ko n’abandi 50 batsinzwe ‘bakoze uko bashoboye’.

Umwiherero utangiye kuri uyu wa Mbere tariki 28 Gashyantare uzarangira tariki 20 Werurwe 2022 ubera kuri La Palisse Hotel i Nyamata.

Miss Nimwiza yavuze ko mu gihe abakobwa bagiye kumara mu mwiherero ‘bazigishwa ibintu binyuranye’ bifitanye isano ‘n’inshingano Nyampinga uzatwara ikamba agomba kuba afite’.

Yavuze ko abakobwa bazigishwa umuco, kwiga no kunononsora imishinga yabo, kuvugira mu ruhame n’ibindi bituma umukobwa avamo Nyampinga koko.

Yavuze ko kandi ko abakobwa bazasura ahantu hanyuranye mu rwego rwo kurushaho kwiyungura ubumenyi. Anavuga ko mu gihe cy’umwiherero, abakobwa bazahura n’amarushanwa anyuranye arimo nko kugaragaza impano n’ibindi.

Avuga ko ibi ari byo bizagaragaza abakobwa 9 bazavamo Miss Rwanda 2022. Ni mu gihe undi umwe (1) azaboneka biciye mu matora yo kuri internet no kuri SMS.

Mu cyiciro cya Pre-Selection, abakobwa bakoresheje Miliyoni 70 Frw mu matora. Bazahabwa 20% y’aya mafaranga bakoresheje, bivuze ko Miliyoni 14 Frw ariyo bazagabana bose uko bari 70.

Miss Nimwiza yabwiye aba bakobwa ‘ko nta muntu uzakugira Miss Rwanda 2022 ahubwo ni wowe uzabihanira ukabigeraho’. Yavuze ko nk’ibisanzwe iri rushanwa ryubakiye ku bwiza, ubwenge n’umuco.

Yagiriye inama buri wese yo gukora uko ashoboye, ababwira ko ‘muri Miss Rwanda buri wese akuramo ibirenze ikamba’. Avuga ko umwiherero ari igihe cyiza cyo gushimangira ubufatanye no gushyigikira mu buzima bwa buri munsi.

Ati “Ubu ni ubushuti buba butarangira nyuma ya ‘Boot Camp’. Benshi muri twe dufite inshuti twakuye muri ‘Boot Camp’."

Yabwiye aba bakobwa kandi ko hari umushinga bazafatanya, bityo bisaba gushyira hamwe kugira ngo uyu mushinga bazawuhuriza hamwe ugire icyo ufasha sosiyete muri rusange.

Nimwiza yabwiye ababyeyi, ko bazajya bakora uko bashoboye bakamenya amakuru ajyanye n’abana babo.

Akanama Nkemurampaka kemeje abakobwa 20 bajya mu mwiherero bari bagizwe na Ingabire Egidie Bibio [Ni we wari ukuriye akanama], Marcel Ntazinda, Dr. Jean Pierre Higiro, Fiona Muthoni Ntarindwa na Irizabimbuto Fidele.

Abakobwa 20 babonye itike yo gukomeza mu mwiherero wa Miss Rwanda 2022 ni: Ruzindana Kelia [Nimero 47] yakomeje kubera amajwi menshi yagize- Ahagarariye Umujyi wa Kigali; Nshuti Divine Muheto [Nimero 44] yakomeje kubera amajwi menshi yagize-Ahagarariye Uburengerazuba

Uwimanzi Vanessa [Nimero 70]- Ahagarariye Umujyi wa Kigali, Bahali Ruth [Nimero 3]-Ahagarariye Umujyi wa Kigali, Uwimana Marlène [Nimero 69]- Ahagarariye Umujyi wa Kigali, Ikirezi Musoni Kevine [Nimero 10]-Ahagarariye Uburasirazuba, Mutabazi Isingizwe Sabine [Nimero 38]- Ahagarariye Umujyi wa Kigali.

Kalila Leila France [Nimero 23]-Ahagarariye Umujyi wa Kigali, Uwikuzo Marie Magnificat [Nimero 67]- Ahagarariye Umujyi wa Kigali, Kayumba Darina [Nimero 25]- Ahagarariye Umujyi wa Kigali, Umurerwa Bahenda Arlette [Nimero 55]- Ahagarariye Umujyi wa Kigali, Kazeneza Marie Merci [Nimero 26-Ahagarariye Uburengerazuba.

Umuhoza Emma Pascaline [Nimero 53]-Ahagarariye Uburasirazuba, Keza Maolithia [Nimero 27]-Ahagarariye Uburengerazuba, Saro Amanda [Nimero 48]- Ahagarariye Umujyi wa Kigali, Keza Melissa [Nimero 28]-Ahagarariye Intara y’Amajyepfo.

Nkusi Lynda [Nimero 43]-Ahagarariye Uburasirazuba, Muringa Jessica [Nimero 37]- Ahagarariye Uburengerazuba, Ndahiro Mugabekazi Queen [Nimero 42]- Ahagarariye Uburasirazuba na Uwimana Jeannette [Nimero 68]- Ahagarariye Intara y’Amajyepfo. 

Abakobwa 20 nibo batangiye umwiherero wa Miss Rwanda 2022 uzamara ibyumweru bitatu 

Aba bakobwa bazavamo Miss Rwanda 2022 bahagurukiye kuri Intare Conference Arena

 

Umuvugizi wa Rwanda Inspiration Back Up, Miss Nimwiza Meghan yabwiye aba bakobwa kubyaza umusaruro umwiherero batangiye 

Aba bakobwa babwiwe ko mu gihe bazamara mu mwiherero bazigishwa byinshi bibategura kuba Nyampinga ubereye u Rwanda 

Ibyishimo ni byose ku bakobwa bagiye mu mwiherero ku nshuro ya mbere 

Ababyeyi babwiwe ko bemerewe kumenya amakuru y’abana babo umunsi ku munsi 

Miss Nimwiza Meghan yabwiye aba bakobwa ko hari umushinga uzagirira akamaro sosiyete bose bazafatanya gutegura


IKIMERO CY'ABAKOBWA 20 BAGIYE MU MWIHERERO WA MISS RWANDA 2022



Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...