Umuherwe w’Umurusiya, Roman Abramovich ashobora kwamburwa ikipe ya Chelsea FC yo mu Bwongereza yari afitemo imigabane myinshi kubera ari inshuti magara ya perezida Vladimir Putin wamaze gushoza intambara mu buryo bunyuranije n’amategeko muri Ukraine.
Muri
iki cyumweru nibwo Perezida w’u Burusiya, Vladimir Putin yashyize mu bikorwa
ibitekerezo iki gihugu cyari kimaranye igihe kinini cyo gutera Ukraine, aho
inzirakarengane z’abanya-Ukraine zikomeje gutikizwa.
Vladimir
ntiyakunze kumvikana ku byemezo bimwe na bimwe n’abandi bayobozi bo mu bihugu
by’i Burayi byanatumye hari imwe mu myanzuro afata batigeze bahuriraho.
Ibi
byagize ingaruka ku nshuti ye magara, Roman Abramovich usanzwe ufite imigabane
muri Chelsea yo mu Bwongereza, aho yangiwe gutura muri iki gihugu.
Nyuma
y’uko u Burusiya bushoye intambara kuri Ukraine, biravugwa ko Leta y’u
Bwongereza ishobora gufatira ikindi cyemezo gikakaye umuherwe Roman Abramovich akamburwa ikipe ya Chelsea, kubera ibyo inshuti ye ikomeje gukorera abaturage
ba Ukraine.
Kugeza
n’ubu harakibazwa iherezo ry’iyi ntambara u Burusiya bwashoye kuri Ukraine dore
ko ibindi bihugu bitaragira icyo bitangaza, byabanje kwifata ngo birebe aho
bishya bishyira.
Abramovich amaze imyaka 19 ari hafi cyane y’ikipe ya Chelsea ndetse anayishoramo amafaranga,
gusa ibikorwa bye muri iyi kipe bishobora kuba biri ku ndunduro kubera
intambara u Burusiya bwashoye kuri Ukraine.
Abramovich asanzwe ari inshuti y'akadasohoka ya Perezida Putin
TANGA IGITECYEREZO