RFL
Kigali

Ubuhinde: Umugabo yatawe muri yombi nyuma yo gushyingiranwa n’abagore barenga 18 ababeshya akabarya utwabo

Yanditswe na: Soter Dusabimana
Taliki:22/02/2022 16:24
0


Mu gihugu cy’Ubuhinde, haravugwa inkuru y’umugabo watawe muri yombi nyuma yo gushyingiranwa n’abagore barenga 18 ababeshya, ndetse akabarya n’utwabo akigendera. Aba bagore bahuraga n’uyu mugabo kuri murandasi harimo abafite amafaranga ariko badafite abagabo, abapfakazi cyangwa se abatadukanye n’abagabo ariko bari mu kigero cy’imyaka 4



Bibhu Prakash Swain wari umaze gushyingiranwa n’abagore barenga 18 hirya no hino mu Buhinde, yatawe muri yombi n’inzego zishinzwe umutekano muri iki gihugu mbere y’ibyumweru bicye byari bisigaye ngo akore ibindi birori bibiri byo gushyingiranwa n’abandi bagore.

Uyu mugabo w’imyaka 67 y’amavuko, ku mbuga zo kuri murandasi zihuza abashaka gushinga urugo yavugaga ko afite imyaka 51 y’amavuko, akanakoresha amazina atandukanye maze akajya avugana n’abagore batandukanye ababeshya ko abakunda, ndetse bikarangira bashyingiranwe.

Umupolisi wari ukuriye ikipe yafashe uyu mugabo mu kiganiro yagiranye n’ibiro ntaramakuru by’Abafaransa (AFP), yavuze ko Swain yakundaga kubeshya abagore bafite amafaranga gusa, abapfakazi cyangwa se abatandukanye n’abagabo babo ariko bari mu kigero cy’imyaka 40 y’amavuko.

Yakomeje avuga ko ubwo hashiraga iminsi micye uyu mugabo amaze gushyingiranwa n’aba bagore, yahitaga ababwira ko agize ikibazo cyihutirwa bityo akeneye amafaranga cyangwa imikufi kugira ngo gicyemurwe.

Nyuma yo guhabwa ibyo yasabaga, yahitaga abura maze akajya gushaka undi abeshya urukundo, bikarangira nawe bashyingiranwe.

Abakoze iperereza kuri uyu mugabo, bavuze ko ashobora kuba yarashyingiwe inshuro zirenga 18 nyuma yo kureba nimero zitandukanye z’abagore zari muri Telefone ye ngendanwa. Izi nimero zabaga zanditseho amazina atandukanye arimo -- Madam Delhi, Madam Assam, n’ayandi atandukanye,… bisobanura abagore bo mu mijyi itandukanye yabayemo.

Muri Gicurasi umwaka ushize 2021, nibwo uyu mugabo yatangiye gushakishwa n’abashinzwe umutekano nyuma y’uko hari umugore muri aba yabeshyaga waje kuvumbura ko amaze gushyingirwa n’abagore bagera muri barindwi.

Si ibi gusa kuko uyu mugabo ashinjwa no kwiba amabanki 13 agera kuri Miliyoni 10 z’amarupe akoreshwa mu Buhinde, akoresheje amakarita ya Banki 128 atari aya nyayo, nk’uko byatangajwe n’ikinyamakuru Hindustan Times.  

Swain yavukiye mu gace ko mu burasirazuba bwa leta ya Odisha mu Buhinde, akaba yarashatse umugore we wa mbere mu mwaka 1978 ndetse babyarana abana batatu. Nyuma uyu mugabo yaje guta urugo rwe, maze ashaka umugore wa kabiri mu mwaka 2002.






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND