Twaganiriye! Umumotari David yerekanye udukoryo tudasanzwe anasaba ko hatangizwa amarushanwa ya moto-AMAFOTO+VIDEO

Imyidagaduro - 19/02/2022 11:23 AM
Share:
Twaganiriye! Umumotari David yerekanye udukoryo tudasanzwe anasaba ko hatangizwa amarushanwa ya moto-AMAFOTO+VIDEO

Umwe mu basore bamaze kwandika izina mu bijyanye no gutwara moto, David, yatangaje byinshi ku mwuga we amaze kwamamaramo anakomoza ku cyifuzo afite cy'uko habaho marushanwa ya moto nk'uko hariho Tour du Rwanda y'amagare.

Imikino inyuranye mu Rwanda igenda izamuka ariko hari n'indi itaratera imbere bitewe n’ubushobozi ariko by’umwihariko no kubura gikurikirana. Umwe muri iyo ni umukino wo gutwara za moto.

Iki kinyabiziga cyavumbuwe bwa mbere mu mwaka wa 1885 na Gottlieb Daimler kikaba gitunze benshi yaba abagikoresha nk’umwuga bahisemo ubatunze wa buri munsi n'abakiriya babagana by’umwihariko mu bihugu byo muri Africa.

Uretse kuzigenderaho bisanzwe guhera mu mwaka wa 1897 mu Bwongereza hatangiye gukorwa amarushanwa y’abahanga mu gutwara iki kinyabiziga.

Kugeza ubu umutaliyani w’imyaka 43 Valentino Rossi ni we ufatwa nk’umuhanga wa mbere mu gutwara iki kinyabiziga dore ko yibitseho ibikombe bitagira ingano.

Mu Rwanda rero umusore w’imyaka 29 uzwi nka David ni we umaze kwigaragaza ko ashoboye yewe habaye n’amarushanwa yabasha kuyegukana dore ko abamubonye bose n'ibyo akora badashidikanya ku buhanga bwe.

INYARWANDA yagiranye ikiganiro na David, tumubaza byinshi ku mwuga we wo gutwara moto. Yasobanuye byinshi ku mpano ye n'icyifuzo afite. Yatangiye agira ati: "David ni umuntu usanzwe ariko ukunda siporo cyangwa se n’ibintu bijyanye n’imyiyereko ahanini abantu banzi mu rwego rwo gutwara moto cyangwa se gukinisha moto ibintu bijyanye na freestyle."

Agaruka ku gihe yatangiye gutwarira moto ati:"Ninjiyemo mu gutwara moto mfite imyaka 18, nibwo nari ndangije kubona ibisabwa byose kuko mbere nkiga nari mfite imyaka 17 ariko mu gihe gito numva nagira ishema ryo kuba nagira Permis kugira ngo mbashe kuba najya mu muhanda ntari sakintu (nta kintu afite)."

Akomoza ku buryo yinjiye mu bijyanye n’impano ye nyirizina agira ati: "Nabanje kumotara ariko nyuma nyine ngenda mpindura kubera ko nisanze mfite impano kandi nshaka kugira ngo ikure ku ruhando mpuzamahanga kandi ni ibintu nakuranye kuko nakundaga kugendesha ibinyabiziga cunga ibigurudumu umucyebe wasiraje kuko njye nkunda gutwara."

Avuga ko yagiye atoza abana benshi ariko ubushobozi bukamubana iyanga agacika intege. Ati: "Barahari abanyeshuri benshi nigishije barenga mirongo 50 ariko naje kugenda mbura imbaraga n'ubufasha mba mpagaritse iryo shuri."

David avuga ko abashije kugira amahirwe yo guhura na Nyakubahwa Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame, hari icyo yamwisabira. Abivuga agira ati:"Icya mbere namushimira ariko namusaba ko impano zanjye nanjye zatezwa imbere nk'uko habaho Tour du Rwanda mu magare hakabaho n’imikino nyine ya moto kandi abimfashijemo yaba amfashije kugera mu ndoto zanjye."

David umuhanga mu gutwara moto

Yifuza kuzagera mu ruhando mpuzamahanga


Yifuza ko hatangizwa amarushanwa ya moto nk'uko habaho ay'amagare

KANDA HANO UREBE IKIGANIRO N'UDUKORYO TWA DAVID MOTO

">


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...