Uyu mukobwa yamenyekanye cyane mu
gisigo cyitwa ‘Ayabasore’ cy’umusizi Junior Rumaga.
Bahali azwi cyane mu mikino myinshi
ya Mashirika, akaba n’umusizi nawe ubusanzwe ukora mu rurimi rw’Icyongereza.
Mu gisigo ‘Ayabasore’, Junior Rumaga
yakoresheje amagambo aryoheye amatwi aba abwira Bahali Ruth, amusaba kumuha ‘avance’
[Kurya ubukwe] mbere y’uko barushinga.
Gusa, Bahali agenda yanga maze Rumaga
yabona byanze burundu agahitamo kwigarura no kumwumvisha ko yikiniraga atari
akomeje.
Bahali yabwiye akanama nkemurampaka
ko umushinga we ari uguteza imbere ubugeni n’ubuhanzi by’umwihariko ubusizi n’ikinamico
guha amaboko no gushyigikira ukwigira kw’igitsinagore binyuze mu kwitinyuka mu
ruhame bifashihishe impano bifitemo nk’ubusizi n’ikinamico.
Ubusizi ni icyiciro cy’ubuvanganzo cyari
kigenewe gusingiza mbere na mbere Umwami n’abo mu muryango we. Umusizi yari
umuhimbyi w’ibisigo Nyabami, Uwabifataga mu mutwe atarabihimbye bamwitaga
“Umwikirizi “.
Imivugo n’ubusizi ni ibintu bibiri
byuzuzanya ariko bitandukanye ‘kuko ubusizi bwo ni ihambuka ry’ibyiyumviro
bihereza ibitekerezo kurema ikintu gishya cyangwa kunononsora ibiriho
ntawubihatiye ubikoze’.Bahali ufite nimero 78 yavuze ko
ashaka guteza imbere abagore binyuze mu buvanganzo, by’umwihariko amakinamico n’ubusizi
Bahali akina mu gisigo ‘Ayabasore’ cy’umusizi
Rumaga Junior
Bahali yavuze umuvugo mu kwizihiza umunsi wo kwibohora mu 2009, no mu bindi bikorwa bitandukanye
KANDA HANO UREBE IGISIGO ‘AYABASORE’ BAHALI RUTH YAKINNYEMO CYA JUNIOR RUMAGA