Director Fleury Ndayirukiye yasohoye filime yise “Ndi Nyampinga” yubakiye ku nkuru y’umukobwa wangiwe n’umuryango we kwitabira irushanwa rya Nyampinga w’u Rwanda, avuga ko abantu bakwiye guhindura imyumvire.
Ni filime asohoye mu gihe irushanwa
rya Miss Rwanda riri kuba muri iki gihe, kugira ngo abakibuza abana babo
kwitabira iri rushanwa bahindure imyumvire.
Ati “Nyishyize hanze muri iki gihe
kubera ko amarushanwa ya Miss Rwanda ari kuba, ngira ngo niba hari umubyeyi
ugifite imyumvire nk’iyo ihinduke ntababaze umwana we.”
Akomeza ati “Ni filime twifuza ko
ihindura imyumvire muri sosiyete Nyarwanda, cyane cyane ababyeyi bagaha
uburenganzira umwana w’umukobwa ntibamubuze amahitamo ye kuko bituma yica
inzozi ze, kandi agakomeza kwitinya akabona ko hari ibyo atemerewe muri
sosiyete.”
Fleury yabwiye INYARWANDA ko iyi
filime yayikoze nyuma y’uko umukobwa amuganirije agahinda yagize, nyuma y’uko
umuryango umubujije amahirwe yo kwitabira Miss Rwanda.
Uyu muyobozi wa BahAfrica
Entertainment ati “Ni inkuru mpamo yabayeho y’umwana wifuzaga kujya muri Miss
Rwanda, ariko kubera umuryango we wari ufite imyumvire itandukanye bakamwangira
kuko babifata nko kwiyandarika no gushakisha abagabo.”
Iyi filime yayikoze mu 2018. Akimara
kuyitunganya, yahise ayishyira mu marushanwa atandukanye mu bihugu byo hanze.
Umwali Bella, ni we mukinnyi w’imena
muri iyi filime. Uyu mukobwa uba ashaka kugera ku nzozi ze, akora ibishoboka
byose kugira ngo yumvishe umuryango we ko ashaka kwitabira Miss Rwanda ariko
bikanga.
Bigera n’aho ashaka gutoroka ava
iwabo, ariko bakamufata. Umusangiza w’amagambo (MC) abwira abari bitabiriye
igikorwa cyo gutora Miss Rwanda ko Umwali Bella [Akina yitwa Solange]
atabashije kubonaek, akavuga ko atari inkuru nziza ku bafana be.
Muri iri rushanwa Akanama
Nkemurampaka kaba kagizwe na Issa Dusingizimana, Salua Uwimana na Muhozi J.
Paul.
Iyi filime igaragaramo kandi Rosine
Bazongere, Jeannette, Diane Umuhoza, Umutoniwase Rose, Queen Uwase, Winnie
Kirabo, Eric Mutuyimana, Sandrine Keza, Guy Xaver Nsengiyumva, Arthur
Banshayeko n'abandi.
Yakinnyemo Bella Umwali [Solange],
Cyprien Bruno [Danny], Longin Ilunga [Paul], Nyirabagesera Lea [Immaculée], Ngenzi
Reyne [Pascal], Hakizimana Shabani [Bosco], Ingabire Divine [Nadia] na Floris
Uwayo [Coach, ni we uba utoza abakobwa intambuko].
Irushanwa rya Miss Rwanda rirakomeza
kuri uyu wa Gatandatu tariki 12 Gashyantare 2022, aho hamenyekana abakobwa
bahagararira Umujyi wa Kigali.
Fleury yavuze ko yakoze iyi filime mu rwego rwo gucyebura ababyeyi bakibuza abana babo kwitabira Miss Rwanda
Umwali Bella, umukinnyi w'imena muri filime 'Ndi Nyampinga'
TANGA IGITECYEREZO