RFL
Kigali

IT zone icuruza ibikoresho by’ikoranabuhanga ikanasana ibyangiritse yatanze ubwasisi ku bakiriya bayo bwo kubakorera ibifite ibibazo nta kiguzi

Yanditswe na: Eric Misigaro
Taliki:31/01/2022 8:03
1


IT zone ni ikigo kigira ibikoresho by’ikoranabuhanga by'amako yose (Telephone, mudasobwa, televisions…) hakiyongeraho ko banasana ibyangiritse. Kuri ubu iki kigo cyatangaje ko kigiye gufasha abakiriya bacyo kubasanira ibikoresho byangiritse nta kiguzi mu gihe kingana n’ukwezi. Itzone niho honyine wabona igikoresho ukajya wishyura mu byiciro.



Kuba intyoza mu bucuruzi ukongera kuba indahemuka ni ingabire ku bagana ikigo cya IT ZONE cyane ko gifite uburambe n'ubushishozi binyuze mu bunyamwuga gifite. Iki kigo gifite ibikoresho byiza kandi bihendutse cyane kikaba gikorera mu mujyi wa Kigali ariko gifite serivise yo kugeza igicuruzwa ku muntu wakiguze aho yaba ari hose mu gihugu kandi nta kiguzi atanze cy’ubwikorezi.

IT zone kandi itanga ibikoresho ku mukiriya ushobora kuba afite amafaranga macye kandi akeneye gutunga igikoresho cy'ikoranabuhanga akajya yishyura mu byiciro macye macye (Installments).

Inkuru itangazwa n'ubuyobozi bw’iki kigo cya IT zone iravuga ko kuri ubu nyuma y'uko gikubise ibiciro hasi hiyongeyeho serivise idasanzwe ya poromosiyo igiye kumara igihe cy’ukwezi yo gukorera ibikoresho by'ikoranabuhanga abakiriya bayo ndetse n’abandi bazajya babagana nta kiguzi.


Bimwe mu bikoresho uyu muyobozi avuga ko bagiye kujya bafasha abantu gusana birimo; telephone, mudasobwa ndetse n'ibindi byose by’ikoranabuhanga nta kiguzi baciye abazajya babagana, iyi poromosiyo izamara igihe cy’ukwezi ikaba izatangira tariki 01 Gashyantare kugeza kuwa 1 Werurwe 2022.  

Ubuyobozi bwa IT zone buragira buti “Koresha igikoresho cyawe cyose kirwaye, cyapfuye, ku buntu. Hamagara ugishe inama inzobere z'abatekinisiye bo muri IT zone. Poromosiyo izamara igihe kingana  n’ukwezi (1 month promotion)”.


Muri IT zone guhera ku bihumbi 160,000rwf watunga mudasobwa nziza cyane 

Itzone ni ikigo cy'ikoranabuhanga gikorera mu mujyi wa Kigali ahazwi nka Downtown mu nyubako ya CHIC muri Floor 1 shop EO47A. Uramutse ubakeneye wabahamagara kuri izi nimero: +250788247133/+25078357523

Bwana Shema umwe mu bayobozi b'iki kigo mu kiganiro yagiranye na Inyarwanda.com yagize ati: ”Dufite promotion kuri machine za macbook, free test for technical support, free delivey in Kigali, Free support on phone call, free delivery on all devices available, payment in installments (niho honyine wabona igikoresho ukeneye ukakishyura mu byiciro), trade in or swap deals (ushobora kuzana igikoresho usanzwe ukoresha ukongeraho amafaranga macye ugatwara ikigezweho (computers, phones,….)”


Bimwe mu bicuruzwa byo muri IT zone 

Ku rundi ruhande iki kigo gifite mudasobwa zashyizwe ku giciro cyo hasi cyane zo mu bwoko bwa Macbook.


Izi mudasobwa ziri ku giciro cyo hasi harimo;

1.      Macbook pro

                        Retina 2015

                       Core i7

                       512gb

                       16gb ram

                       Dual graphics

 

2.      Macbook air

                Rtina 2015

               Core i5

               256gb

4gb ram

3.      Macbook air

          Retina 2017

          Core i5

          256gb

         8gb ram

4.      Macbook pro

     Retina 2015

     15 inches

     Core i7

     512gb

    16gb ram


Muri It zone ni ku gicumbi cy'ikoranabuhanga mu Rwanda


Niba ushaka igikoresho cy'ikoranabuhanga, kugikoresha cyangwa kugirwa inama z'uko wakoresha ibikoresho byawe birimo mudasobwa, computer n'ibindi, gana IT Zone baragufasha. Ushobora kuvugana na IT zone binyuze ku mbuga nkoranyambaga zabo zitandukanya harimo Instagram aho bitwa itzone_Rwanda ndetse na twitter ”itzone_Rwanda” cyangwa ugahamage iyi nimero yabo +250788247133/+25078357523 wanabasura kuri website yabo: www.Itzone.rw






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • Ryaruhanga jean baptiste4 weeks ago
    Ndashaka ibicíro bihendutse bya computer lenovo,computer desk top,printer nto inafotora ña scanner nto, na 4G murakoze kúgirango ñzaze kubateza ímbere.





Inyarwanda BACKGROUND