RFL
Kigali

Umunyamakuru Ruvuyanga wa RBA yerekanye umukunzi we bitegura kurushinga – AMAFOTO

Yanditswe na: SAFARI Garcon
Taliki:30/01/2022 11:04
5


Nkurunziza Emmanuel Ruvuyanga usanzwe ukora kuri RBA mu biganiro bya siporo no kogeza umupira, yerekanye umukunzi we bitegura kurushinga.



Muri iyi weekend Ruvuyanga yerekanye umukunzi we Ntiyamira Phionah ukoresha (Phionah Candy) ku mbuga nkoranyambaga bitegura kurushinga nyuma y’umwaka bamaze bakundana.

Abinyujije ku rukuta rwe rwa Instagram, Ruvuyanga yavuze ko yatangiye ubuzima bushya bufite icyerekezo, inzozi nshya ndetse anifuriza umukunzi we kuryoherwa na weekend.

Mu kiganiro yagiranye na INYARWANDA, uyu munyamakuru yavuze ko uyu ariwe mukunzi we bitegura kurushinga ndetse ahamya ko ari ijuru rito rye, akazatuza igihe bazaba babaye umwe imbere y’Imana n’amategeko.

Agaruka ku cyo yakundiye Phiona, Ruvuyanga yavuze ko kuba ari umukobwa w’umunyabwenge, ukunda umurimo kandi ufite indangagaciro z’umunyarwandakazi.

Yagize ati”Phionah aratandukanye kuko ni umukobwa uzi ubwenge kandi ukunda umuirimo urajwe ishinga no kwiteza imbere, afite indangagaciro z’umunyarwandakazi, ikiruta byose ntabwo yankundiye ko ndi Ruvuyanga w’umustar, oya yankundiye uko ndi nka Ruvuyanga usanzwe, ndamukunda cyanekandi nawe arankunda”.

Ruvuyanga yavuze ko we n’umukunzi we Phiona bamaranye umwaka bakundana bitegura kurushinga mu mwaka utaha wa 2023, kandi ko ibintu byose bari kubishyira ku murongo.

Ntiyamira Phionah uvuka mu karere ka Huye ni umukobwa w’umushabitsi uba mu Rwanda ndetse unahakorera ibikorwa bitandukanye by’ubucuruzi.

Ruvuyanga amaze igihe kirekire akorera ikigo cy’igihugu cy’Itangazamakuru ‘RBA’ mu ishami rya siporo no kogeza umupira.

Ruvuyanga yerekanye umukunzi we bitegura kurushinga

Ruvuyanga avuga ko yakundiye Phionah ko ari umukobwa uzi ubwenge



Ntiyamira Phionah asanzwe akora ibikorwa bitandukanye by'ubucuruzi





TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • Hakizimana Leonard2 years ago
    Umunyamakuru nkunda cyane ruvuyanga. wahisemo neza cyane. gusa muzabane mutanyuranya. murakoze.
  • Ntibanyurwa sitephano2 years ago
    Turabyisimiye mukomerezaho imana izabibemo.
  • Jacques CR71 year ago
    Ruvuyangakomerahano imabareturagukundacyanewarakozeguhitamonezawowenaphionahwaweIMANizabanenamwemubukwebwanyukandiurugoruhire.
  • MANISHIMWE J.D3 months ago
    NDISHIMYEKUBANKUBONYEKWIFOTOWAHISEMONEZA YOU HAVE GOD GIRL
  • Erick3 weeks ago
    Baraberanye pe bazarushinge kandi natwe abanyarwanda bay,uganda turamukunda azadutumire dukunda uko yogeza umupira





Inyarwanda BACKGROUND