Mu rwego rwo gutangirana neza
urugendo rw’umuziki nk’umuhanzi wigenga yanasohoye amashusho y’indirimbo ye ya
mbere yise ‘Nta mahoro’, yasohotse kuri uyu wa Gatanu tariki ya 22 Mutarama 2022.
Uyu musore atunzwe no gukirigita
imirya ya gitari kuva mu 2012, aho akorana n’abahanzi barimo Mani Martin, Jules
Sentore n’abandi. Gucuranga gitari solo byatumye ajya mu bihugu birimo Kenya,
Uganda n’ahandi.
Muri iki gihe, Foda yari amaze iminsi
atunganya indirimbo ze n’iz’abandi bahanzi. Yabwiye INYARWANDA ko yahisemo
guhindura izina kubera ko ‘Clément Guitarist nari nsanganwe ni rirerire kandi
mu muziki nabyo abantu babirebaho’.
Yavuze ko izina ‘Foda’ yahisemo
kwitwa ari irya Se wabo wari umucuranzi ukomeye wa gitari. Ati “…Yari umucuranzi
kugera no kuri Se. Mu gihe rero nari ndi gushaka izina byabaye ngombwa ko
mutekerezaho bihita bituma mfata iryo zina. Biri no mu rwego rwo gukomeza
kumuzirikana."
Uyu muhanzi avuga ko agiye gushyira
imbaraga mu muziki we, ariko kandi akanakorera indirimbo abahanzi bagenzi be nka
gahunda nshya yihaye.
Fado avuga ko iyi ndirimbo ‘Nta
mahoro’ igamije gukangurira ‘abantu kongera kwiyegereza Imana no kubera ko mu
by’ukuri Isi ishaje’.
Yavuze ko n’ubwo iyi ndirimbo ari yo
ya mbere ashyize hanze ariko afite n’izindi ziri muri studio azagenda asohora
mu minsi iri imbere.
Fado akomeza avuga ko iyi ndirimbo
yasohoye yayikoze ashaka kuyiha undi muhanzi, ariko abarimo Jules Sentore na
Mani Martin bamugira inama yo kuba ari we uyisohora.
Ati “Abo ni abahanzi babiri bombi bakuru
dukorana, kandi buri umwe yangiriye inama ku giti cye. Ntabwo twahuye bose turi
kumwe ngo bavuge uko ng’uko, Mani Martin ni we wabanje Jules Sentore araheruka,"
Akomeza avuga ko aba bahanzi ari bo
batumye yinjira mu muziki, ndetse ngo Jules Sentore ni we wamubwiye guhindura
amazina akava kuri Clément Guitarist akitwa Foda.
Ubuhanga bw’uyu musore mu gucuranga
gitari solo bwumvikana mu ndirimbo nka ‘Abasitari’ ya Christopher, ‘Ko Nashize’
ya Butera Knowless, ‘Akagezi ka Mushoroza’ ya Mani Martin n’izindi.
Asanzwe afite studio y’umuziki yitwa
I&C Music ari naho yakoreye iyi ndirimbo ‘Nta mahoro’, ni mu gihe amashusho
yakozwe na Gerard Kingsle.
Uwahoze ari clément Guitarist
yinjiranye mu muziki izina rishya aho yitwa ‘Foda’

Foda yasohoye amashusho y’indirimbo ye ya mbere yise ‘Nta mahoro’

Uyu musore yacurangiye mu bitaramo
abarimo Mani Martin, Jules Sentore, Bruce Melody n’abandi

Iradukunda Clément ni mwene
Nyirarukundo Grace na Mazuru Philbert akaba umwana w’imfura mu muryango wabo 
Jules Sentore yabwiye Clément Guitarist ko niba ashaka kwinjira mu muziki agomba no guhindura izina

Imyaka irenze irindwi (7) Foda
yiziritse kuri gitari imaze kumwambutsa inyanja
